BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 15, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > William Ruto na Tshisekedi biyemeje kugarura amahoro vuba

William Ruto na Tshisekedi biyemeje kugarura amahoro vuba

admin
Last updated: November 22, 2022 10:02 am
admin
Share
SHARE

Perezida wa Kenya, William Ruto Samoei mu ruzinduko yagiriye i Kinshasa, we na Perezida Tshisekedi biyemeje gukorana n’abandi bakuru b’ibihugu by’Akarere kugira ngo bashakire amahoro uburasirazuba bwa Congo, mu gihe cya vuba.

Perezida William Ruto ahana ikiganza na Perezida Felix Tshisekedi

Itangazo ryasohotse nyuma y’ibiganiro by’aba bakuru b’ibihugu, rivuga ko ku birebana n’ikibazo cy’umutekano muke mu burasirazuba bwa Congo, “Abakuru b’Ibihugu bagaragaje ko bafite ubushake bwo kurangiza ikibazo cy’umutekano muke mu gihe cya vuba hashoboka.”

Abakuru b’ibihugu ngo bazakorera hamwe na bagenzi babo bo mu muryango wa Africa y’Iburasirazuba kugira ngo hashyirwego uburyo buha amahirwe impande nyinshi zishoboka kugira ngo zifatanye gukemura ikibazo ku nyungu z’abaturage b’Akarere.

Perezida William Ruto, yemereye Tshisekedi ko ashyigikiye inzira igihugu cya Kenya cyahisemo yo kohereza abasirikare muri Congo, ndetse yavuze ko azafasha kugira ngo ibyemewe n’ingabo z’akarere ka EAC muri Congo, bishyirwe mu bikorwa, birimo kurandura imitwe yitwaje intwaro mu burasirazuba bwa Congo.

Ibihugu bya Kenya na Congo byasinye amasezerano y’ubufatanye mu nzego zitandukanye

Uretse ibijyanye n’ikibazo cy’umutekano muke mu burasirazuba bwa Congo, abakuru b’ibihugu banaganiriye umubano w’ibihugu, aho basinye amasezerano y’imikoranire mu bya gisirikare, mu buhinzi, mu by’ingufu, mu bikorwa remezo, imari n’imiyoborere.

Perezida William Ruto nyuma yo guhura Tshisekedi, yavuze ko Kenya yiyemeje kufigira uruhare mu kuzana umutekano n’ituze mu Burasirazuba bwa Congo, no mu Karere.

Ati “Nta mahoro, nta gihugu cyangwa umuntu ku giti cye wagira urubuga rwo gutera imbere.”

Yavuze ko ibiganiro byamuhuje na Perezida Felix Tshisekedi, ku biro bye Palais de la Nation, biyemeje gukorana mu bijyanye n’umutekano, ubucuruzi n’ishoramari.

William Ruto aragirana ibiganiro na Perezida Tshisekedi

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

Ambasaderi w’u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yahakanye…

Gakenke: Yafatanywe ibiro 17 by’urumogi na litiro 14 za kanyanga mu nzu

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku bufatanye na Polisi ikorera…

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports…

Gen (Rtd) Kabarebe yahererekanyije ububasha na Dr. Usta Kayitesi

Gen (Rtd) James Kabarebe wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga…

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

Ishami rya Polisi ya Finlande rikorera mu gace ka Valkeakoski, ryemeje ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Ubutegetsi bwa Perezida Suluhu bwahakanye gufunga Dr. Mpango wari Visi Perezida

2 Min Read
Mu mahanga

Twirwaneho yasobanuye icyayiteye guhanura kajugujugu y’abacanshuro

3 Min Read
Mu mahanga

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

1 Min Read
Mu mahanga

Uganda igiye gukomorera Facebook nyuma y’imyaka 5 ifunzwe 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?