BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Mar 2, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Umutekano > Walikale: AFC/M23 yisubije Buhimba

Walikale: AFC/M23 yisubije Buhimba

admin
Last updated: March 2, 2026 6:51 pm
admin
Share
SHARE

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bisubije agace ka Buhimba muri Teritwari ya Walikare muri Kivu ya Ruguru, nyuma y’imirwano ikomeye yabahuje n’uruhande bahanganye.

Aka gace ka Buhimba kari muri Gurupoma ya Waloa Yungu, kisubijwe na AFC/M23, nyuma yuko abarwanyi bayo bagabye igitero baturutse mu gace ka Kilongo muri Segiteri ya Osso Banyungu muri Teritwari ya Masisi.

Nyuma y’amasaha menshi y’imirwano ikomeye, FARDC yakuyemo akayo karenge isubira inyuma yerekeza i Ngenge, agace kari mu burengerazuba bwa Buhimba.

Iyi mirwano yasize bamwe mu baturage bavuye mu byabo, bahungira mu gace ka Waloa Yungu mu gihe hari n’abandi bahungiye mu mashyamba, abandi berekeza i Kimua.

Nanone kandi ibikorwa byo gutanga ubutabazi ku babukeneye, byazahaye kubera ibibazo by’umutekano bivugwa muri aka gace no mu nkengero zako.

AFC/M23 yisubije aka gace mu gihe imirwano hagati y’abarwanyi bayo n’uruhande bahanganye ikomeje gukaza umurego, mu bice byinshi byiganjemo ibyo ku mupaka uhuza Teritwari ya Walikale na Masisi.

Iyi mirwano yahinduye isura nyuma yuko uruhande rwa Leta ya Kinshasa rukomeje kurenga ku gahenge rukagaba ibitero mu bice bituwemo n’abaturage, ndetse no ku birindiro bya AFC/M23, birimo n’ibitero biherutse guhitana Col Willy Ngoma wari Umuvugizi w’Igisirikare cy’iri Huriro.

Abasesenguzi mu bya politiki bavuga ko uku kurenga ku gahenge kwakozwe n’uruhande rwa Leta ya Kinshasa, guha imbaraga AFC/M23 ku buryo na yo ishobora guhaguruka igakomeza irwana igana imbere ikaba yanigarurira ibindi bice.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Walikale: AFC/M23 yisubije Buhimba

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bisubije…

Abagaragaye bahondagura umukobwa mu muhanda batawe muri yombi

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha,RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi abasore babiri bagaragaye mu…

Iburasirazuba: Mu mwaka inzoga zitujuje ubuziranenge zishe abantu 22

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko mu mwaka umwe mu Ntara y’Iburasirazuba inzoga…

Ngarambe Romeo yagizwe Umuyobozi Mukuru wa CMA

Ngarambe yatangiye izi nshingano mu gihe uru rwego rukomeje gushyira mu bikorwa…

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryanenzwe bikomeye n’umutoza wa Gorilla FC,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Umutekano

AFC/M23 yamaganye gucece kw’amahanga arebere ubwicanyi bukorerwa abasivile

1 Min Read
Umutekano

Imirwano yahinduye isura mu nkengero za Point Zero

2 Min Read
Umutekano

Wazalendo basubiranyemo babiri bahasiga ubuzima

2 Min Read
Umutekano

AFC/M23 yashinje Komisiyo ya AU gushyigikira abagizi ba nabi

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?