BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Mar 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Visi Perezida wa Kiyovu yakuyeho igihu ku mubano we na Juvénal

Visi Perezida wa Kiyovu yakuyeho igihu ku mubano we na Juvénal

admin
Last updated: January 3, 2023 9:55 am
admin
Share
SHARE

Ndorimana Jean François Regis [Général] usanzwe ari Visi perezida wa mbere wa Kiyovu Sports, yakuyeho igihugu ku byamuvuzweho ku mubano we na Mvukiyehe Juvénal wamuhisemo ngo amubere umwungiriza.

Visi Perezida wa mbere wa Kiyovu Sports yasubije abavuga ku mubano we na Mvukiyehe Juvénal

Nyuma yo gutsindwa na Gasogi United muri shampiyona, mu ikipe ya Kiyovu Sports hagaragayemo kudahuza kuri bimwe hagati mu bayobozi, aho bamwe bavugaga ko uyu mukino wari wagurishijwe abandi ntibabyemere.

Hakomeje kubamo kwitana ba mwana, bamwe bashinjanya kugambanira ikipe abandi bashinjanya kwiyitirira ibyo badakorera ikipe.

Aha ni ho bamwe bahereye bavuga ko Mvukiyehe Juvénal adahuza na Visi perezida we wa Mbere, Ndorimana Jean François Regis [Général] ariko bitandukanye n’ukuri.

Ndorimana yavuze ko nta kibazo na kimwe afitanye na Mvukiyehe, ndetse yibutsa abavuga ko ibyo ko ari we muntu watumye yemera kuza mu buyobozi bwa Kiyovu Sports kugira ngo bafatanye.

Ati “Mu bantu bansabye ko nza muri iyi komite ndetse mba na visi perezida, Juvénal arimo. Tumaranye igihe kuva yaza kuyobora Kiyovu Sports. Njyewe ndi umukunzi wa Kiyovu Sports.”

Yongeyeho ko ari nawe washyigikiye Mvukiyehe ubwo yifuzaga kuyobora iyi kipe.

Ati “Namushyigikiye nka perezida wa Kiyovu Sports kandi uzanye impinduka muri Kiyovu. Yewe aranabigaragaza ko impinduka zihari. Abantu babivuga uko bitari. Umuntu wese uzanye impinduka muri Kiyovu ndamushyigikira.”

Mu minsi ishize, uyu muyobozi yavuze ko Mvukiyehe akiri umuyobozi wa Kiyovu Sports ariko wagiye mu biruhuko ndetse akaba azagaruka tariki 4 Mutarama 2023 bagakomeza gufatanya kubaka ikipe.

Ndorimana yanahumurije abakunzi ba Kiyovu Sports, ababwira ko nta byacitse iri muri iyi kipe nk’uko byavugwaga na bamwe.

Mvukiyehe nta kibazo afitanye na Visi Perezida we wa mbere

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

Jamaica: RDF ihasize ibikorwa byivugira KU mahanga

Mu gihe cy’amezi abiri ashize u Rwanda rwohereje abasirikare gutanga umusanzu wo…

Amafaranga u Rwanda rukoresha muri Cabo Delgado arenga inshuro 10 atangwa na EU- Yolande Makolo

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko inkunga ya miliyoni…

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

2 Min Read
Imikino

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

2 Min Read
Imikino

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

3 Min Read
Imikino

Umubiligi Mathjis De Clercq yegukanye agace ka Kane ka Tour du Rwanda 2026

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?