BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Feb 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Visi Perezida wa Kiyovu yakuyeho igihu ku mubano we na Juvénal

Visi Perezida wa Kiyovu yakuyeho igihu ku mubano we na Juvénal

admin
Last updated: January 3, 2023 9:55 am
admin
Share
SHARE

Ndorimana Jean François Regis [Général] usanzwe ari Visi perezida wa mbere wa Kiyovu Sports, yakuyeho igihugu ku byamuvuzweho ku mubano we na Mvukiyehe Juvénal wamuhisemo ngo amubere umwungiriza.

Visi Perezida wa mbere wa Kiyovu Sports yasubije abavuga ku mubano we na Mvukiyehe Juvénal

Nyuma yo gutsindwa na Gasogi United muri shampiyona, mu ikipe ya Kiyovu Sports hagaragayemo kudahuza kuri bimwe hagati mu bayobozi, aho bamwe bavugaga ko uyu mukino wari wagurishijwe abandi ntibabyemere.

Hakomeje kubamo kwitana ba mwana, bamwe bashinjanya kugambanira ikipe abandi bashinjanya kwiyitirira ibyo badakorera ikipe.

Aha ni ho bamwe bahereye bavuga ko Mvukiyehe Juvénal adahuza na Visi perezida we wa Mbere, Ndorimana Jean François Regis [Général] ariko bitandukanye n’ukuri.

Ndorimana yavuze ko nta kibazo na kimwe afitanye na Mvukiyehe, ndetse yibutsa abavuga ko ibyo ko ari we muntu watumye yemera kuza mu buyobozi bwa Kiyovu Sports kugira ngo bafatanye.

Ati “Mu bantu bansabye ko nza muri iyi komite ndetse mba na visi perezida, Juvénal arimo. Tumaranye igihe kuva yaza kuyobora Kiyovu Sports. Njyewe ndi umukunzi wa Kiyovu Sports.”

Yongeyeho ko ari nawe washyigikiye Mvukiyehe ubwo yifuzaga kuyobora iyi kipe.

Ati “Namushyigikiye nka perezida wa Kiyovu Sports kandi uzanye impinduka muri Kiyovu. Yewe aranabigaragaza ko impinduka zihari. Abantu babivuga uko bitari. Umuntu wese uzanye impinduka muri Kiyovu ndamushyigikira.”

Mu minsi ishize, uyu muyobozi yavuze ko Mvukiyehe akiri umuyobozi wa Kiyovu Sports ariko wagiye mu biruhuko ndetse akaba azagaruka tariki 4 Mutarama 2023 bagakomeza gufatanya kubaka ikipe.

Ndorimana yanahumurije abakunzi ba Kiyovu Sports, ababwira ko nta byacitse iri muri iyi kipe nk’uko byavugwaga na bamwe.

Mvukiyehe nta kibazo afitanye na Visi Perezida we wa mbere

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Nta Gihugu gishobora kwemeza ko cyageze ku iterambere rirambye mu gihe abagore bagipfa batanga ubuzima-PM Dr.Nsengiyumva

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva witabiriye ibikorwa by’Inama y’Abakuru b’Ibihugu…

Amateka y’umunsi w’abakundana wa ‘Saint Valentin’

Ubusanzwe umunsi wa Saint Valentin wizihizwa tariki 14 Gashyantare ku Isi hose…

Ethiopia: Abanyamakuru batatu bahagaritswe kubera gushinja Leta gufasha inyeshyamba zo muri Sudani

Leta ya Ethiopia yambuye abanyamakuru batatu bakorera Ibiro Ntaramakuru, Reuters, uruhushya rwo…

Umuryango w’Abibumbye urashinja RSF kwica abasivili barenga 6000 mu minsi itatu

Raporo yashyizwe ahagaragara n'Umuryango w'Abibumbye (UN), ivuga ko umutwe urwanya ubutegetsi bwa…

Gen. Muhoozi agiye kugenderera u Rwanda

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko ateganta kuzasura…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

RSSB Tigers BBC yegukanye FERWABA Super Cup 2026 ihigitse APR BBC

2 Min Read
Imikino

APR FC yatsinze Gasogi United yakinaga nk’ikipe y’abato

3 Min Read
Imikino

Etincelles FC yahagaritse abatoza bayo kubera umusaruro muke

1 Min Read
Imikino

Bizimana Djihad yasezeye Al Ahli SC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?