BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 10, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Visi Perezida wa Kiyovu aricuza kuza mu mwanda

Visi Perezida wa Kiyovu aricuza kuza mu mwanda

admin
Last updated: November 28, 2022 8:45 am
admin
Share
SHARE

Ndorimana Jean François Regis uzwi ku izina rya Général  uherutse gutorerwa umwanya wa Visi Perezida wa Mbere wa Kiyovu Sports asimbuye Mutijimana Hector, yavuze ko yicuza kuba yaraje mu cyo yise umwanda.

Visi perezida wa Kiyovu Sports, Ndorimana Jean François Regis ahamya ko ashobora kuva mu cyo yise umwanda

Nyuma yo gutsindwa na Gasogi United ku yindi nshuro, umwuka si mwiza mu ikipe ya Kiyovu Sports uhereye muri komite nyobozi y’iyi kipe yo ku Mumena.

Ubusanzwe mbere y’umukino uhuza Gasogi United na Kiyovu Sports, habanza kuvugwa byinshi biterwa no kuba iyi kipe ya KNC yarifatiye iyoborwa na Mvukiyehe Juvénal.

Aganira n’umunyamakuru wa RadioTV10, visi perezida wa mbere wa Kiyovu Sports, Ndorimana Jean François Regis uzwi ku izina rya Général yavuze ko ari mu bemeza ko uyu mukino wabayemo ibindi bisa nko kuwugurisha ndetse ibiri buvemo bikaba byari bizwi na bamwe [match fixing].

Ati “Abantu barakubwira ngo Bruxelles bakize. Sinzi ikindi kibyihishe inyuma. Njye ni bwo nkiza mu buyobozi bwa Kiyovu ariko ni ibyavugwaga mbere y’uko nza. Ariko sinakwemera kuba muri uyu mwanda biramutse bihari koko.”

Uyu yakomeje avuga ko kuba Gasogi United ikomeje gutsinda Kiyovu Sports atari uko ikipe imwe ari insina ngufi ahubwo hari ibindi byinshi biba biri inyuma y’amarido bitandukanye n’inyuma.

Ati “Ntabwo turi insina ngufi kuri Gasogi. Hari ibintu byinshi bibera mu mupira wacu. Ntabwo Kiyovu ari ikipe yo gutsindwa na Gasogi. Ndi muri bamwe bemeza ko ari match fixing. Hari byinshi twaganiriye mu nama mbere y’uyu mukino ariko nta na kimwe cyakurikijwe.”

Kuva Gasogi United yazamuka mu cyiciro cya Mbere, imaze gutsinda Kiyovu Sports inshuro eshanu mu munani bamaze guhura, indi iyitsinda rimwe gusa banganya imikino ibiri.

Gasogi United ikomeje kwibasira Kiyovu Sports

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Iran yabonye Umuyobozi w’Ikirenga mushya nyuma y’icyumweru America na Israel bishe uwari umazeho igihe

Iran yatangaje Umuyobozi w’Ikirenga wayo mushya, ari we Mojtaba Khamenei, akaba umuhungu…

Meteo Rwanda yateguje imvura ishobora guteza ibiza muri Werurwe

Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe, Meteo Rwanda, cyatangaje ko muri Werurwe 2026 hateganyijwe imvura…

Impunzi z’Abarundi zigera ku 100,000 ziri kwirukanwa mu gihugu cya Tanzania

Imbunzi z'Abarundi zari zimaze igihe mu gihugu cya Tanzania zigiye gusubizwa mu…

Trump yateguje ibitero bikaze kuri Iran

Perezida wa Amerika Donald Trump yatangaje ko Iran ishobora kugabwaho ibitero bikomeye…

Mu saha 100 intambara yo muri Iran yatwaye miliyali $3.7

Ni ukuvuga ko buri munsi nibura hakoreshwa miliyoni $891. Ni intambara iri…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

2 Min Read
Imikino

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

3 Min Read
Imikino

Umubiligi Mathjis De Clercq yegukanye agace ka Kane ka Tour du Rwanda 2026

2 Min Read
Imikino

Itamar Einhorn ni we wegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2026

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?