BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Jun 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Urukiko rwategetse umukobwa kwishyura impozamarira umusore yababaje

Urukiko rwategetse umukobwa kwishyura impozamarira umusore yababaje

admin
Last updated: January 27, 2023 2:08 pm
admin
Share
SHARE

Urukiko rwo muri Uganda, rwanzuye ko umukobwa yishyura impozamarira umusore bari bemeranyije kubana akaza kumubenga, iyo mpozamarira ijyanye n’agahinda yamuteye.

Nkore iki

Urukiko rw’ahitwa Kanungu ruvuga ko umusore witwa Richard Tumwine yikokoye atanga miliyoni 9.4 z’ama- shillings ya Uganda (erenga miliyoni 2.2Frw) yishyurira Kaminuza inkumi yitwa Fortunate Kyarikunda.

Nyuma uyu mukobwa yaje kurangiza kwiga amategeko, ahemukira umusore wamwishyuriye, Urukiko rukaba rusanga agomba kumusubiza amafaranga ye.

Urukiko ruvuga ko uriya mukobwa yishe isezerano ryari rimaze imyaka ine, bityo Umucamanza Asanasio Mukobi asanga uriya mukobwa Kyarikunda yarahemukiye Tumwine.

Mu mwanzuro w’Urukiko rwasanze rutaha agaciro ubwiregure bw’umukobwa wavuze ko ababyeyi be bamubujije kurongorwa n’umusore ukuze (umusaza).

Rukavuga ko yagombaga kuba yarahakanye mbere, ndetse nta nafate amafaranga yishyuriwe ishuri, rugasanga nta shingiro ibyo avuga bifite ahubwo yarakoze uburiganya.

Ntiharamenyekana niba uriya mukobwa Kyarikunda azagana urukiko rw’ubujurire.

Ikinyamakuru The Monitor, cyanditse iyi nkuru mbere y’uko ikoreshwa na BBC, kivuga ko abagize icyo bavuga ku mwanzuro w’urukiko, bawunenga bavuga ko ibijyanye no kubana, bidakwiye kubamo agahato, ndetse inkiko zidakwiye kubyivangamo.

Sheila Kawamara, wo mu muryango uharanira uburenganzira bw’abagore ED EASSI, avuga ko hari ubwo rimwe na rimwe abagabo bakubirana abakobwa bakabaha ubufasha bw’amafaranga, babanje kubamenyesha ko bazabana.

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
3 Comments
  • lg says:
    January 28, 2023 at 7:15 am

    Niba adashaka ko babana nuburenganzira bwe aliko namwishyure amafaranga ye kuko abo avuga bubujije bali barananiwe kumwishyurira

    Reply
  • nsanzimana akgustin says:
    January 29, 2023 at 10:40 am

    umva muko wibagiwe ineza wagiriwe kd abantu bapfa amasezerano uretse kumwishyura amafaranga yakurihiye uzanamuha inyungu nimpozamarira yagahinda wamuteye.

    Reply
  • Didier says:
    February 3, 2023 at 6:19 pm

    Umukobwa amuhe amafarangaye amwongere ninyungu kuberako umusore yaramufashije afasha nu muryango murirusange kandi ineza yiturwa inabi. Umukobwa yarahemutse

    Reply

Leave a Reply to lg Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rugiye kuyobora CEEAC

Guinea Equatorial hateraniye inama y’abakuru b’ibihugu b’Umuryango w’Ubukungu w’Ibihugu byo muri Afurika…

Rusizi: Yatawe muri yombi nyuma yo gushikuza umukobwa agakapu karimo telefone

Umugabo witwa Ntihinyurwa Alexis w'imyaka 33 afungiye kuri ya sitasiyo ya RIB…

Nyanza: Umusore w’imyaka 20 yatawe muri yombi akekwaho gufata ku ngufu umugore urwaye

Umusore w’imyaka 20 yatawe muri yombi nyuma yo gukekwaho icyaha cyo gufata…

Minisitiri Mutamba yongeye kwitaba Ubushinjacyaha bumuhata ibibazo

Minisitiri w’Ubutabera wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Constant Mutamba, yamaze amasaha…

Leta ya RDC yarakajwe n’abahagarariye urwego rw’akarere baganiriye na AFC/M23

Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwarakajwe n’abahagarariye urwego rw’akarere ka…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

AFC/M23 yamaganye Leta ya Kinshasa isoresha ibicuruzwa biva i Goma nk’ibituruka mu mahanga

2 Min Read
Politike

Nangaa yahishuye abagize uruhare mu kwibira Tshisekedi amajwi

2 Min Read
Politike

Museveni yasobanuye ubufasha Mobutu yahaye Habyarimana bwabyaye ingaruka z’umutekano muke w’akarere uyu munsi

3 Min Read
Politike

Gen Mubarakh Muganga na bagenzi be bo muri Afurika bahuriye muri Kenya

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?