BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Mar 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Umuyobozi w’Ishuri yasanzwe mu mugozi yapfuye

Umuyobozi w’Ishuri yasanzwe mu mugozi yapfuye

admin
Last updated: September 26, 2022 3:03 pm
admin
Share
SHARE

Gicumbi: Ku Cyumweru, abaturage basanze Vuguziganya Dieudonné w’imyaka 35 mu mugozi yapfuye bikekwa ko yiyahuye, uyu yari umuyobozi w’ishuri ribanza, EP Karambo.

Umugozi (internet Photo)

Vuguziganya Dieudonné yapfiriye aho yari acumbitse, mu mudugudu wa Karambo, akagari ka Gitega, mu murenge wa Rushaki.

Amakuru yatanzwe n’ubuyobozi bw’Umudugudu, nyuma yaho nyakwigendera araye mu nzu ariko bwacya ntakingure.

Hiyambajwe inzego z’umutekano, bica idirishya basanga aranagana mu “ishuka yapfuye” (ni ko ubutumwa buhererekanywa mu nzego z’umutekano ku bageze aho byabereye bwa mbere buvuga).

Nsengimana Jean Damascene, umuyobozi uhagarariye ishami ry’uburezi mu karere ka Gicumbi, yadutangarije ko, uriya muyobozi w’ishuri yari yahanye gahunda n’abarimu ko bahura bagapanga gahunda zijyanye n’itangira ry’amashuri.

Ati “Baramutegereje baramubura, bajya kumushaka aho yacumbikaga, bakomanze basanga urugi rukingiye imbere, basunika idirishya ry’aho yararaga, babona ku gitanda nta we uhari, basunitse urugi rugwamo imbere basanga ari mu mugozi.”

Uyu muyobozi avuga ko Vuguziganya Dieudonné atari amaze igihe kirekire abaye Umuyobozi w’Ishuri, gusa ngo ubwo yatsindaga ikizamini muri Kamena 2022 yari yoherejwe i Kirehe mu Burasirazuba, ariko avuga ko ari kure.

Nsengimana Jean Damascene ati “Bari baramwohereje mu Karere ka Kirehe yanga kujyayo avuga ko ari kure, asaba REB n’Akarere turamufasha, aza aho ngaho kuko hari icyuho umuyobozi waho yagiye kuyobora segonderi (secondary school).”

Nyakwigendera wabaye umwarimu ku GS.Gitwe, ngo yari amaze igihe gito ashinze urugo, asize umugore n’umwana.

Ubuyobozi buvuga ko nyuma y’urupfu rwe, hashyirwaho undi muyobozi w’ishuri w’agateganyo kugira ngo bazibe icyuho.

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • kabano says:
    September 26, 2022 at 5:20 pm

    Buri mwaka,ku isi yose hiyahura abantu babarirwa kuli 1 million,ariko muri bo,ibihumbi 200 barabigerageza bikanga.Hiyahura umuntu umwe buri masegonda 40.Muli Nigeria,abantu bagera kuli 50 biyahura buri kwezi kubera Betting.Report ya Rwanda Biomedical Center (RBC) ivuga ko buri kwezi mu Rwanda abantu bagera ku ijana bagerageza kwiyahura.Mu isi nshya dutegereje izaba paradizo ivugwa muli 2 Petero 3:13 ,nta muntu uzongera kwiyahura,kubera ko ibibazo byose bizavaho burundu.Iyo paradizo izaturwamo gusa n’abantu bumvira Imana,kubera ko ku munsi w’imperuka,abakora ibyo Imana itubuza bose izabakura mu isi nkuko Imigani 2,umurongo wa 21 na 22 havuga.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?