BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Mar 15, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Umuyobozi wa Siporo muri Arsenal ari mu Rwanda

Umuyobozi wa Siporo muri Arsenal ari mu Rwanda

admin
Last updated: November 19, 2022 12:46 pm
admin
Share
SHARE

Umunyabigwi wakanyujijeho mu mupira w’amaguru mu ikipe ya Arsenal, Edu Gaspar ari mu biruhuko mu Rwanda n’umuryango we muri gahunda ya Visit Rwanda.

Edu Cesar Daud Gaspar wakanyujijeho muri Arsenal n’umuryango we bari mu Rwanda

Edu Cesar Daud Gaspar uzwi cyane nka Edu, kuri ubu ushinzwe ibikorwa bya Siporo muri Arsenal, yasuye u Rwanda muri gahunda y’amasezerano ikipe ye ifitanye n’u Rwanda yo kwamamaza ubwiza bw’u Rwagasabo.

Binyujijwe kuri Twitter ya Visit Rwanda, bahaye ikaze mu Rwanda Edu Gaspar n’umuryango we, bamwifuriza kuryoherwa n’ibyiza nyaburanga by’igihugu.

Bagize bati “Urakaza neza mu Rwanda Edu! Umuyobozi wa siporo muri Arsenal akaba n’umunyabigwi wayo, Edu Gaspar n’umuryango we bari mu biruhuko mu gihugu, aho barimo bihera ijisho umuco w’u Rwanda n’ibyiza nyaburanga.”

Muri Gicurasi 2018 nibwo Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB) cyinjiye mu bufatanye n’ikipe ya Arsenal bwo kuyitera inkunga nayo ikambara Visit Rwanda ku kaboko k’ ubumoso, akaba yarongerewe igihe izamara mu 2021.

Ubwo amasezerano yavugururwaga RDB yavuze ko yatanze umusaruro ugaragara mu bukerarugendo bw’u Rwanda aho bwiyongereyeho 17% mu 2019.

Edu Cesar Daud Gaspar w’imyaka 44 yavukiye Sao Paulo muri Brazil, yabaye umukinnyi wo mu kibuga hagati, umugore we akaba yitwa Paula Gaspar.

Yakiniye Arsenal kuva mu 2001 kugeza 2005, ayitsindira ibitego 7, ni nyuma yo kuva muri Corinthians y’iwabo muri Brazil, yavuye muri Arsenal akomereza muri Valencia yavuyemo asubira iwabo muri Brazil gusorezayo umupira.

Edu Cesar Daud Gaspar ikipe y’igihugu ya Brazil bafatanyije gutwara ibikombe binyuranye nka FIFA Confedration Cup mu 2005 na Copa America mu 2004.

Ubwo yajyaga muri Arsenal yaguzwe miliyoni 6 z’amayero, yari mu bakinnyi ba Arsenal batwaye Premier League badatsinzwe mu mwaka w’imikino wa 2003-2004, banatwaranye FA Cup mu 2001-2002 na FA Community Shield.

Muri Gashyantare 2004, Edu Cesar Daud Gaspar yabaye umukinnyi w’ukwezi muri Premier League.

Edu Cesar Daud Gaspar kuri ubu ashinzwe ibikorwa bya Siporo muri Arsenal

NKURUNZIZA Jean Baptiste/ UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

Jamaica: RDF ihasize ibikorwa byivugira KU mahanga

Mu gihe cy’amezi abiri ashize u Rwanda rwohereje abasirikare gutanga umusanzu wo…

Amafaranga u Rwanda rukoresha muri Cabo Delgado arenga inshuro 10 atangwa na EU- Yolande Makolo

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko inkunga ya miliyoni…

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

2 Min Read
Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?