BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Nov 12, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Umuyobozi wa Siporo muri Arsenal ari mu Rwanda

Umuyobozi wa Siporo muri Arsenal ari mu Rwanda

admin
Last updated: November 19, 2022 12:46 pm
admin
Share
SHARE

Umunyabigwi wakanyujijeho mu mupira w’amaguru mu ikipe ya Arsenal, Edu Gaspar ari mu biruhuko mu Rwanda n’umuryango we muri gahunda ya Visit Rwanda.

Edu Cesar Daud Gaspar wakanyujijeho muri Arsenal n’umuryango we bari mu Rwanda

Edu Cesar Daud Gaspar uzwi cyane nka Edu, kuri ubu ushinzwe ibikorwa bya Siporo muri Arsenal, yasuye u Rwanda muri gahunda y’amasezerano ikipe ye ifitanye n’u Rwanda yo kwamamaza ubwiza bw’u Rwagasabo.

Binyujijwe kuri Twitter ya Visit Rwanda, bahaye ikaze mu Rwanda Edu Gaspar n’umuryango we, bamwifuriza kuryoherwa n’ibyiza nyaburanga by’igihugu.

Bagize bati “Urakaza neza mu Rwanda Edu! Umuyobozi wa siporo muri Arsenal akaba n’umunyabigwi wayo, Edu Gaspar n’umuryango we bari mu biruhuko mu gihugu, aho barimo bihera ijisho umuco w’u Rwanda n’ibyiza nyaburanga.”

Muri Gicurasi 2018 nibwo Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB) cyinjiye mu bufatanye n’ikipe ya Arsenal bwo kuyitera inkunga nayo ikambara Visit Rwanda ku kaboko k’ ubumoso, akaba yarongerewe igihe izamara mu 2021.

Ubwo amasezerano yavugururwaga RDB yavuze ko yatanze umusaruro ugaragara mu bukerarugendo bw’u Rwanda aho bwiyongereyeho 17% mu 2019.

Edu Cesar Daud Gaspar w’imyaka 44 yavukiye Sao Paulo muri Brazil, yabaye umukinnyi wo mu kibuga hagati, umugore we akaba yitwa Paula Gaspar.

Yakiniye Arsenal kuva mu 2001 kugeza 2005, ayitsindira ibitego 7, ni nyuma yo kuva muri Corinthians y’iwabo muri Brazil, yavuye muri Arsenal akomereza muri Valencia yavuyemo asubira iwabo muri Brazil gusorezayo umupira.

Edu Cesar Daud Gaspar ikipe y’igihugu ya Brazil bafatanyije gutwara ibikombe binyuranye nka FIFA Confedration Cup mu 2005 na Copa America mu 2004.

Ubwo yajyaga muri Arsenal yaguzwe miliyoni 6 z’amayero, yari mu bakinnyi ba Arsenal batwaye Premier League badatsinzwe mu mwaka w’imikino wa 2003-2004, banatwaranye FA Cup mu 2001-2002 na FA Community Shield.

Muri Gashyantare 2004, Edu Cesar Daud Gaspar yabaye umukinnyi w’ukwezi muri Premier League.

Edu Cesar Daud Gaspar kuri ubu ashinzwe ibikorwa bya Siporo muri Arsenal

NKURUNZIZA Jean Baptiste/ UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

Urukiko rwihariye rw’ibyaha bikomeye muri Gabon, rwahamije Sylvia Bongo Ondimba, umugore wa…

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu, Dr Vincent Biruta, yakiriwe na Perezida wa Angola,…

Rayon Sports ntiyemerewe kwandikisha abakinnyi

Ikipe ya Rayon Sports yashyizwe ku rutonde rw’amakipe atemerewe kwandikisha abakinnyi muri…

Perezida Kagame yageze muri Guinée-Conakry

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, Perezida Kagame yageze muri Guinea-…

U Rwanda rwakiriye abarwanyi ba FDLR 7 bari mu mashyamba ya RDC

Abarwanyi 7 b’umutwe w’iterabwoba wa FDLR ugizwe n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Itsinzi ya APR Fc yongeye kuyunga n’abakunzi bayo 

1 Min Read
Politike

Amb Col (Rtd) Ndamage yashyikirije Umwami wa Eswatini impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu.

1 Min Read
Imikino

Hamenyekanye uzasifura umukino wa APR FC na Rayon Sports

1 Min Read
Imikino

Hoteli ya FERWAFA yatangiye gukora nyuma y’imyaka irenga 10 yubakwa

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?