BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jul 31, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Umuyobozi wa OMS yatabarije umuryango we wugarijwe n’inzara

Umuyobozi wa OMS yatabarije umuryango we wugarijwe n’inzara

admin
Last updated: August 26, 2022 9:03 am
admin
Share
SHARE

Intambara yo muri Ethiopia ishyamiranyije ingabo za Leta n’inyeshyamba za TPLF ziganjemo abo mu bwoko bwa Tigrinya yagize ingaruka ku bo mu muryango wa Dr Tedros Ghebreyesus.

Dr Tedros Ghebreyesus Umuyobozi Mukuru w’Ishyami ryita ku Buzima ku Isi, OMS

Dr Tedros Ghebreyesus, Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS/WHO) yabwiye Abanyamakuru i Geneve mu Busuwisi ko ntacyo yamarira abo mu muryango we bari mu Ntara ya Tigray muri Ethiopia kuko inzira zifunze.

Yagaragaje ko abantu bo mu muryango we bari kwicwa n’inzara kandi atabasha kuboherereza amafaranga.

Dr Tedros, abarizwa muri buriya bwoko bwa ba Tigrinya, yatangaje ko mu myaka ibiri ishize Intara akomokamo inzira zose zidanangiye kuva intambara ihadutse, bityo abaturage bakaba bari mu bibazo.

Yagize ati “Mfite abavandimwe benshi hariya. Nifuza kuboherereza amafaranga. Sinabasha kuboherereza amafaranga. Bari kwicwa n’inza, ndabizi, sinshobora kugira icyo mbafasha.”

Avuga ko ashobora kubafasha bagasangira ibyo afite ariko ubu ngo ntayo yabashaka kubera ko bari ahantu hafunzwe.

Mu kiganiro yatanze we ubwe yitangaho urugero ku biba ku bantu bo mu muryango we muri Ethiopia, Dr Tedros yongeyeho ati “Ntabwo nshobora kuvugana na bo, hashize igihe kirekire tutavugana, simbasha kubavugisha, nta n’ubwo nzi uwapfuye cyangwa ukiriho.”

Imirwano yongeye kubura hagati y’ingabo za Leta n’inyeshyamba za TPLF (The Tigray People’s Liberation Front) nyuma y’igihe hari agahenge kari kemejwe kugira ngo abaturage babashe kugezwaho inkunga muri Werurwe, 2022.

Intambara yatangiye mu Ugushyingo, 2020 yahitanye ibihumbi by’abaturage abandi babarirwa muri za miliyoni ibasiga iheruheru ntacyo bafite barya.

Agace ka Tigray nk’uko BBC ibivuga ibikorwa remezo nk’amashanyarazi n’inzira z’itumanaho ndetse na Banki ntibikora.

IVOMO: BBC

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment
  • Q says:
    August 26, 2022 at 7:02 pm

    Birababaje kubona rwose umwe mubayobozi ba Loni avugako yananiwe gufasha cyangwa guhungisha umuryango we!!kuki se atabikoze mbere yuko ibintu bikomera muri Kariya gace!nawe yabishyizemo ubushake bucye

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Huye mu mirenge ya Gishanvu…

Santarafurika: Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zashimiwe ubwitange bwabo

Perezida wa Repubulika ya Santarafurika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, Prof.…

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Hagiye kuba inama Yiga Uko Isi Yose Yakwemera Leta Ya Palestine nk’igihugu

3 Min Read
Mu mahanga

AFC/M23 yanenze Radio Okapi n’ibindi bitangazamakuru bibogamira ku nkuru ziyisebya 

3 Min Read
Mu mahanga

Nigeria yiyongereye mu bihugu byifuza kwakira Formula One

1 Min Read
Mu mahanga

Kwegura kwa Visi Perezida w’u Buhinde byateje impaka n’urujijo

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?