BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 8, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Umuyobozi wa OMS yatabarije umuryango we wugarijwe n’inzara

Umuyobozi wa OMS yatabarije umuryango we wugarijwe n’inzara

admin
Last updated: August 26, 2022 9:03 am
admin
Share
SHARE

Intambara yo muri Ethiopia ishyamiranyije ingabo za Leta n’inyeshyamba za TPLF ziganjemo abo mu bwoko bwa Tigrinya yagize ingaruka ku bo mu muryango wa Dr Tedros Ghebreyesus.

Dr Tedros Ghebreyesus Umuyobozi Mukuru w’Ishyami ryita ku Buzima ku Isi, OMS

Dr Tedros Ghebreyesus, Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS/WHO) yabwiye Abanyamakuru i Geneve mu Busuwisi ko ntacyo yamarira abo mu muryango we bari mu Ntara ya Tigray muri Ethiopia kuko inzira zifunze.

Yagaragaje ko abantu bo mu muryango we bari kwicwa n’inzara kandi atabasha kuboherereza amafaranga.

Dr Tedros, abarizwa muri buriya bwoko bwa ba Tigrinya, yatangaje ko mu myaka ibiri ishize Intara akomokamo inzira zose zidanangiye kuva intambara ihadutse, bityo abaturage bakaba bari mu bibazo.

Yagize ati “Mfite abavandimwe benshi hariya. Nifuza kuboherereza amafaranga. Sinabasha kuboherereza amafaranga. Bari kwicwa n’inza, ndabizi, sinshobora kugira icyo mbafasha.”

Avuga ko ashobora kubafasha bagasangira ibyo afite ariko ubu ngo ntayo yabashaka kubera ko bari ahantu hafunzwe.

Mu kiganiro yatanze we ubwe yitangaho urugero ku biba ku bantu bo mu muryango we muri Ethiopia, Dr Tedros yongeyeho ati “Ntabwo nshobora kuvugana na bo, hashize igihe kirekire tutavugana, simbasha kubavugisha, nta n’ubwo nzi uwapfuye cyangwa ukiriho.”

Imirwano yongeye kubura hagati y’ingabo za Leta n’inyeshyamba za TPLF (The Tigray People’s Liberation Front) nyuma y’igihe hari agahenge kari kemejwe kugira ngo abaturage babashe kugezwaho inkunga muri Werurwe, 2022.

Intambara yatangiye mu Ugushyingo, 2020 yahitanye ibihumbi by’abaturage abandi babarirwa muri za miliyoni ibasiga iheruheru ntacyo bafite barya.

Agace ka Tigray nk’uko BBC ibivuga ibikorwa remezo nk’amashanyarazi n’inzira z’itumanaho ndetse na Banki ntibikora.

IVOMO: BBC

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment
  • Q says:
    August 26, 2022 at 7:02 pm

    Birababaje kubona rwose umwe mubayobozi ba Loni avugako yananiwe gufasha cyangwa guhungisha umuryango we!!kuki se atabikoze mbere yuko ibintu bikomera muri Kariya gace!nawe yabishyizemo ubushake bucye

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Musanze: Polisi yamennye litiro zisaga 1700 z’ibinyobwa bitujuje ubuziranenge

Mu bikorwa byo kurwanya ikora, ikwirikwiza n'ikoreshwa by'ibinyobwa bitemewe, Polisi ikorera mu…

Hongeye kwaduka imirwano hagati ya Thailand na Cambodia

Ingabo za Thailand zatangaje ko zatangiye kugaba ibitero byo mu kirere ku…

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Uganda igiye gukomorera Facebook nyuma y’imyaka 5 ifunzwe 

2 Min Read
Mu mahanga

Gisagara: Abantu batatu bafunzwe bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi

1 Min Read
Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?