BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jul 31, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Umupolisi yarashe mugenzi we ahita apfa

Umupolisi yarashe mugenzi we ahita apfa

admin
Last updated: October 5, 2022 8:28 am
admin
Share
SHARE

RD Congo: Muri Gereza Nkuru ya Kalehe mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo humvikanye urusaku rw’amasasu, ubuyobozi bwa Polisi bukaba butangaza ko abapolisi bari ku izamu barashwe na mugenzi wabo wari wasinze.

Umupolisi yishe arashe mugenzi we muri gereza ya Kalehe

Uku kurasana kwabaye ku wa 04 Ukwakira 2022 kwasize umupolisi witwa Innocent Kashali ahaburiye ubuzima.

Sosiyete Sivile muri Kalehe yavuze ko umupolisi witwa Leya Muziki yishe arashe mugenzi we nyuma y’uko yari yasinze inzoga ziciriritse.

Yagize iti “Ubu bwicanyi bwaturutse ku businzi bw’inzoga ziciriritse zanyweye n’uwakoze amahano, nyamara gukora, kugurisha no kunywa ibinyobwa bisindisha birabujijwe mu karere kose.”

Amakuru avuga ko Urukiko rwa Gisirikare rwashyikirijwe dosiye y’uyu mupolisi kugira ngo akanirwe urumukwiye mu ruhame.

Si ubwa mbere muri uyu mwaka abashinzwe umutekano barasanye muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo biturutse ku businzi bukabije.

Bamwe mu badepite muri RD Congo baherutse kumvikana bamagana inzoga ziciriritse kuko zikomeje kuyogoza ubuzima bw’abaturage by’umwihariko zikaba zarangije ku kigero cyo hejuru abapolisi n’abasirikare kuko arizo babasha kwigondera.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Huye mu mirenge ya Gishanvu…

Santarafurika: Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zashimiwe ubwitange bwabo

Perezida wa Repubulika ya Santarafurika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, Prof.…

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Hagiye kuba inama Yiga Uko Isi Yose Yakwemera Leta Ya Palestine nk’igihugu

3 Min Read
Mu mahanga

AFC/M23 yanenze Radio Okapi n’ibindi bitangazamakuru bibogamira ku nkuru ziyisebya 

3 Min Read
Mu mahanga

Nigeria yiyongereye mu bihugu byifuza kwakira Formula One

1 Min Read
Mu mahanga

Kwegura kwa Visi Perezida w’u Buhinde byateje impaka n’urujijo

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?