BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Dec 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Umupolisi yarashe mugenzi we ahita apfa

Umupolisi yarashe mugenzi we ahita apfa

admin
Last updated: October 5, 2022 8:28 am
admin
Share
SHARE

RD Congo: Muri Gereza Nkuru ya Kalehe mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo humvikanye urusaku rw’amasasu, ubuyobozi bwa Polisi bukaba butangaza ko abapolisi bari ku izamu barashwe na mugenzi wabo wari wasinze.

Umupolisi yishe arashe mugenzi we muri gereza ya Kalehe

Uku kurasana kwabaye ku wa 04 Ukwakira 2022 kwasize umupolisi witwa Innocent Kashali ahaburiye ubuzima.

Sosiyete Sivile muri Kalehe yavuze ko umupolisi witwa Leya Muziki yishe arashe mugenzi we nyuma y’uko yari yasinze inzoga ziciriritse.

Yagize iti “Ubu bwicanyi bwaturutse ku businzi bw’inzoga ziciriritse zanyweye n’uwakoze amahano, nyamara gukora, kugurisha no kunywa ibinyobwa bisindisha birabujijwe mu karere kose.”

Amakuru avuga ko Urukiko rwa Gisirikare rwashyikirijwe dosiye y’uyu mupolisi kugira ngo akanirwe urumukwiye mu ruhame.

Si ubwa mbere muri uyu mwaka abashinzwe umutekano barasanye muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo biturutse ku businzi bukabije.

Bamwe mu badepite muri RD Congo baherutse kumvikana bamagana inzoga ziciriritse kuko zikomeje kuyogoza ubuzima bw’abaturage by’umwihariko zikaba zarangije ku kigero cyo hejuru abapolisi n’abasirikare kuko arizo babasha kwigondera.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

Ambasaderi w’u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yahakanye…

Gakenke: Yafatanywe ibiro 17 by’urumogi na litiro 14 za kanyanga mu nzu

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku bufatanye na Polisi ikorera…

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports…

Gen (Rtd) Kabarebe yahererekanyije ububasha na Dr. Usta Kayitesi

Gen (Rtd) James Kabarebe wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga…

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

Ishami rya Polisi ya Finlande rikorera mu gace ka Valkeakoski, ryemeje ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Ubutegetsi bwa Perezida Suluhu bwahakanye gufunga Dr. Mpango wari Visi Perezida

2 Min Read
Mu mahanga

Twirwaneho yasobanuye icyayiteye guhanura kajugujugu y’abacanshuro

3 Min Read
Mu mahanga

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

1 Min Read
Mu mahanga

Uganda igiye gukomorera Facebook nyuma y’imyaka 5 ifunzwe 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?