BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Feb 10, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Ubutabera > Umunyeshuri w’i Karongi akurikiranyweho gutema abarimu babiri

Umunyeshuri w’i Karongi akurikiranyweho gutema abarimu babiri

admin
Last updated: February 10, 2026 4:50 pm
admin
Share
SHARE

Byiringiro Innocent, umunyeshuri w’imyaka 17 wo mu Karere ka Karongi yatawe muri yombi, akekwaho gutema no gukomeretsa abarimu babiri.

Byabereye mu Mudugudu wa Muciro, Akagari ka Gisiza Umurenge wa Rugabano ku wa 9 Gashyantare 2026.

Mu masaha y’umugoroba ubwo abanyeshuri n’abarimu bari batashye, nibwo uyu munyeshuri w’imyaka 17 wiga kuri muri Groupe Scolaire Rubona yatashye mbere anyura iwabo afata umuhoro ategera abarimu mu nzira atemamo babiri.

Abo bigana bavuga ko ibi byabaye nyuma y’aho uyu musore yari mu ishuri, umwarimu amubona ari kwiga ahetse igikapu, amusaba kugikura mu mugongo kuko yabonaga biri kurangaza abandi banyeshuri, umusore bikamurakaza yumva ko mwarimu yamusebeje.

Abatemwe ni Habineza Donat watemwe ku ntoki na Uwizeye Fabien watemwe ku kaguru. Bombi bagiye kwivuriza ku Kigo Nderabuzima cya Rugabano.

Umuyobozi wa GS Rubona, Kubwimana Valerien yatangaje ko Uwizeye Fabien ari we wababaye cyane ndetse ko atari kubasha kugenda neza.

Ati “Byiringiro Innocent wabatemye yari umunyeshuri usanzwe nta myitwarire idasanzwe twari tumuziho”.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rugabano wa Rugabano, Kuzabaganwa Vedaste yabwiye IGIHE ko aya makuru bayamenye.

Ati “Ni umunyeshuri wakomerekeje abarimu. Inama tugira abarezi ku mpande zombi n’abanyeshuri ni uko bakwiye kurangwa n’ikinyabupfura no kubahana”.

Ukekwa afungiye kuri Sitasiyo y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha mu Murenge wa Gashali.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Umunyeshuri w’i Karongi akurikiranyweho gutema abarimu babiri

Byiringiro Innocent, umunyeshuri w’imyaka 17 wo mu Karere ka Karongi yatawe muri…

U Rwanda rwakiriye abarenga 160 batahutse bavuye muri RDC

Rwanda rwakiriye abaturage barwo 161 batahutse kuri uyu wa Kabiri, bavuye muri…

Umuyobozi mu Burundi yavuze ko abagore bazajya basangwa mu kabari batari kumwe n’abagabo babo bazabihanirwa

Umuyobozi wo mu nzego z’ibanze muri Zone ya Kirundo muri Komini ya…

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

Abapolisi 160 bitegura koherezwa mu butumwa bw'Umuryango w'Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri…

Uganda: Bane bafunzwe bazira kwiyitirira umukobwa wa Museveni

Polisi ya Uganda yatangaje ko yataye muri yombi abantu bane bakekwaho kwiyitirira…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Ubutabera

Ukekwaho kwica umuntu i Muhanga yafatiwe i Rubavu arimo gutoroka

2 Min Read
Ubutabera

Dj Toxxyk yaje kuburana ubujurire abwira Urukiko impamvu yifuza gufungurwa by’agateganyo

2 Min Read
Ubutabera

Mugisha ukekwaho kwica agonze mugenzi we, dosiye ye yoherejwe mu bushinjacyaha

2 Min Read
Ubutabera

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?