BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jan 15, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Ubutabera > Umunyamategeko waregwaga gusambanya umwana yakatiwe gufungwa imyaka15

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umwana yakatiwe gufungwa imyaka15

admin
Last updated: December 31, 2025 10:40 am
admin
Share
SHARE

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n’Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w’umukobwa w’imyaka 15, yagihamijwe akatirwa gufungwa imyaka 15.

Me Kanani Boniface waburanishwa muri uru rubanza, yasomewe icyemezo ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 30 Ukuboza 2025.

Urukiko rwasanze ikirego cyatanzwe n’Ubushinjacyaha gifite ishingiro, ndetse rwanemeza ko ikirego cy’indishyi cy’uwakorewe icyaha na cyo gifite ishingiro.

Mu myanzuro yarwo, Urukiko rwahamije Me Kanani Boniface icyaha cyo gusambanya umwana, runahamya Mizero Violette icyaha cyo kuba icyitso muri icyo cyaha.

Urukiko rwanzuye ko Me Kanani Boniface ahanishwa igifungo cy’imyaka cumi n’itanu (15), mu gihe Mizero Violette yakatiwe igifungo cy’imyaka itanu (5).

Rwanategetse Me Kanani Boniface gutanga indishyi zingana na miliyoni imwe y’amafaranga y’u Rwanda (1,000,000 Frw) ku mwana wakorewe icyaha.

Mu iburanisha ryabanje, Me Kanani Boniface yari yaburanye ahakana ibyaha yaregwagwa, aho iburanisha ku ifungwa ry’agateganyo ryaranzwe n’impaka ndende.

Izi mpaka zari zishingiye ku cyifuzo cyazamuwe n’Ubushinjacyaha bwasabaga ko urubanza rushyirwa mu muheezo, mu gihe Abanyamategeko batatu bunganiraga uregwa bo batabikozwaga, aho bavugaga ko muri iryo buranisha nta mwana wari urimo ku buryo rwashyirwa mu muheezo, gusa Urukiko ruza kwemeza icyifuzo cy’Ubushinjacyaha.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Umwaka wa 2025 waciye agahigo mu bushyuhe bukabije

Abashakashatsi ku mihindagurikire y’ibihe bemeje ko umwaka wa 2025 waciye agahigo ko…

Perezida Kagame yakiriye impapuro za Ambasaderi mushya wa Qatar n’uw’u Buyapani

Perezida Kagame yakiriye impapuro zemerera ba ambasaderi babiri bashya guhagararira ibihugu byabo…

U Rwanda rwoherereje Jamaica abasirikare bo kuyifasha gusana ibyangijwe n’ibiza 

Rwanda rwohereje muri Jamaica itsinda ry’abasirikare bazafasha iki gihugu gusana ibikorwaremezo byangijwe…

Uganda: Imyiteguro y’amatora irarimbanyije, umutekano wakajijwe mu mijyi yose

Iminsi irabarirwa ku ntoki muri Uganda mbere y’amatora rusange yo ku itariki…

Perezida Tshisekedi yasuye Gnassingbé

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi, yagiriye uruzinduko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Ubutabera

RCS yashyizeho umutwe w’abakomando kabuhariwe mu guhosha imyigaragambyo

4 Min Read
Ubutabera

Nyanza: Nyuma yo kumara imyaka 23 yihishe mu mwobo, yakatiwe igifungo cy’imyaka 15

2 Min Read
Ubutabera

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

2 Min Read
Ubutabera

Urukiko rwemeje ko Djihad n’abo bareganwa bakomeza gufungwa

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?