BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jul 31, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Umukobwa watinyutse akaba ari umunyonzi i Musanze ifite inzozi ko azagura moto akareka igare

Umukobwa watinyutse akaba ari umunyonzi i Musanze ifite inzozi ko azagura moto akareka igare

admin
Last updated: December 19, 2022 2:47 am
admin
Share
SHARE

Nyirabashatsimana Jeannette ni ukobwa w’imyaka 20 y’amavuko ukorera umwuga wo gutwara abantu n’ibintu ku igare mu Mujyi wa Musanze, ibintu bitamenyerewe na benshi.

Nyirabashatsimana avuga ko abonye moto igare azahita arisezerera

Yemeza ko adateze kureka uwo mwuga atageze ku ntego yihaye.

Mu buhamya bw’uyu mwana w’umukobwa avuga ko gutwara abantu n’ibintu ku igare bakamuha amafaranga abiterwa no kumva abikunze.

Aka kazi yakagiyemo nyuma yo gutakaza amashuri ye, ageze mu mwaka wa kabiri w’amashuri yisumbuye, biturutse ku mikoro make mu muryango wabo bari bafite.

Nubwo hari ingorane agenda ahura na zo muri uyu mwuga biturutse ku miterere y’abagore n’imyumvire y’abatari bake muri ako gace akoreramo imuca intege, avuga ko bimaze kumuteza imbere.

Inzozi ze ngo ni uko azagura moto, akava ku igare akaba umumotari.

Yagize ati “Umwuga w’ubunyonzi nywumazemo amezi atandatu. Mbere yo kuza mu bunyonzi nakoraga ubuyede nkabona ari ibintu bigoye, kandi bivunanye, ndeba mu mirimo yose numvaga nashobora, nsanga ari ukunyonga igare, mpita ngura igara ntangira ubunyonzi, kuko nabonaga nta kazi ko muri leta nabona kandi nta n’uwampa ako gucuruza ntarize.”

Akomeza agira ati ” Abo dukorana bamwe usanga baba bantuka kuko mbarusha abakiliya, abandi bati komereza aho. Mbese ntibabyakira kimwe. Iyo ntwaye umuntu kubera imiterere y’iyi mihanda mubwira ko n’ubwo tutarihuta ariko tugerayo.”

Uyu mukobwa avuga ko akazi ke kamugora iyo ari mu kwezi k’umugore, ariko ngo nta bindi bidasanzwe.

Nyirabashatsimana iyo umubonye mu bandi bakora umwuga umwe na we, ntiwabatandukanya kuko usanga yisanzuye kandi afite intego ifatika y’iterambere.

Ati “Nteganya gukorera uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga no kugura moto muri 2024 kuko natangiye kwizigamira muri koperative dutangamo ibihumbi bine (Frw4000) buri cyumweru, nari narahereye ku igare rishaje naguze ibihumbi 60Frw, ubu naguze irindi ry’ibihumbi 85Frw kandi ndakora neza.”

Uyu mukobwa asaba bagenzi be b’abakobwa gutinyuka, bagakora imyuga n’iyo yaba yari imenyerewe nk’iy’abagabo kuko na bo bayishobora.

Ku ngingo y’uko yakirwa n’abaturanyi ndetse n’abandi bamubona mu mwuga wo gutwara abantu avuga ko nyina umubyara we amushyigikiye, ariko abandi bo bigoranye.

Yagize ati “Mama we nta kibazo abigiraho aranshyigikiye, ariko nko mu bo twiganye bo bavuga ko ndi igishegabo.”

Uyu mwana w’umukobwa ukora umwuga wo gutwara abantu n’ibintu ku igare mu Mujyi wa Musanze, abihuriyeho n’undi mugenzi we umwe gusa w’umukobwa mu barenga 1300 bazwi neza ko bakora uwo mwuga i Musanze.

Mu Ntara y’Amajyaruguru ni hamwe mu hantu hatakunze kugaragara abakobwa batwara amagare biturutse ku myumvire n’imiterere yaho.

Gusa ahandi mu Rwanda nko mu Ntara y’Iburasirazuba, usanga igare abagabo barinyonga, ndetse n’abakobwa bakarikandagira bakajya mu mirimo itandukanye nta kibazo.

Yanditswe na BAZATSINDA Jean Claude

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • Fabrice says:
    December 20, 2022 at 6:43 am

    Ubuse za nzego zose zita ku bari n’abategarugori bategereje iki ngo uyu bamutere ingabo mu bitugu.Iyo umuntu yagaragaje ubushake bwo akanabishyira mu bikorwa yagatabawe vuba.Nk’iyo Moto yifuza yafashwa kuyigeraho vuba bikabera urugero abandi.

    Reply
  • nyemazi says:
    December 20, 2022 at 11:34 am

    Nubwo Abagore basuzugurwa mu bihugu byinshi,nabo barashoboye.Dore ingero nkeya:Ababaye Prime Ministers Margaret Thacher of England (nicknamed The Iron Lady),Golda Meir of Israel,Indira Gandhi of India,Agatha Uwiringiyimana of Rwanda.Nubwo bimeze gutyo,hari ahantu habiri Imana ibuza ko abagore bareshya n’abagabo.Aha mbere ni mu rugo.Muli Abakorinto ba mbere,igice cya 11,umurongo wa 3,havuga ko Umugabo ari Chef w’umugore.Aha kabiri ni mu nsengero.Imana ibuza Abagore kuyobora amatorero n’insengero.Byisomere muli 1 Timote,igice cya 2,umurongo wa 12 na 1 Abakorinto,igice cya 14,imirongo ya 34 na 35.Ababirengaho,nta kindi baba bagamije uretse gushaka amafaranga bitwaje bible.Ni icyaha nk’ibindi cyo gusuzugura amategeko y’Imana.

    Reply

Leave a Reply to Fabrice Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Huye mu mirenge ya Gishanvu…

Santarafurika: Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zashimiwe ubwitange bwabo

Perezida wa Repubulika ya Santarafurika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, Prof.…

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Uhagarariye Uganda i Kinshasa yahamagajwe gusobanura iby’ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

1 Min Read
Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Politike

Intumwa za AFC/M23 na Leta ya RDC basubiye KU meza y’ibiganiro i Doha muri Qatar 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?