BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Mar 2, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Aziya > Umugore wabaye Umudepite yarasiwe iwe n’abantu batazwi

Umugore wabaye Umudepite yarasiwe iwe n’abantu batazwi

admin
Last updated: January 16, 2023 9:13 am
admin
Share
SHARE

Afghanistan: Umugore wabaye Depite n’umuntu wari ushinzwe kumurinda barashwe n’abantu batazwi mu rugo rwe i Kabul nk’uko byemejwe na Polisi.

Mursal Nabizada, yari afite imyaka 32 y’amavuko

Mursal Nabizada, yari afite imyaka 32 y’amavuko, ni Umudepite w’umugore wahisemo kuguma mu gihugu cye aho guhunga igihe Aba-Taliban bafataga ubutegetsi muri Kanama, 2021.

Musaza we ndetse n’undi muntu umurindira umutekano bakomerekejwe n’amasasu mu gitero cyabaye ku Cyumweru.

Umwe mu bakoranye n’uriya mudepite yavuze ko Nabizada ari umuntu utagiraga ubwoba akaba yaranze gukoresha amahirwe yahawe yo guhungishwa.

Aba-Taliban kuva bajya ku butegetsi muri 2021, abagore bagiye bakurwa mu myanya y’ubuyobozi bari bafite.

Umuvugizi wa Polisi i Kabul, Khalid Zadran yavuze ko hatangiye iperereza ryimbitse ku bijyanye na kiriya gitero.

Mariam Solaimankhil wabaye Umudepite yavuze ko nyakwigendera Nabizada yari umuyobozi nyawe, wihagazeho kandi akaba umugore utinyuka kuvuga no guhagarara ku byo yemera, ndetse kabone n’iyo byaba bimushyira mu kaga.

Yanditse kuri Twitter ati “Nubwo yahawe amahirwe yo guhunga Afghanistan, yahisemo kuhaguma akomeza kurwana ku baturage be.”

Nabizada, yakomokaga mu Ntara yo mu Burasirazuba yitwa Nangarhar, yatorewe kuba Umudepite ajya mu Nteko ishinga Amategeko i Kabul mu mwaka wa 2018 ndetse arahaguma no kugeza ubwo aba-Taliban bafataga ubutegetsi.

BBC

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • agaciro peace says:
    January 16, 2023 at 4:41 pm

    Harya gupfa gutya kandi washoboraga kuba ugiye ahandi ndetse ukazagira n’akandi kamaro ubwo nibyo twita ubutwari? Guhangana n’abasazi

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryanenzwe bikomeye n’umutoza wa Gorilla FC,…

RwandAir yasubitse ingendo zijya i Doha kubera intambara yo muri Iran

Sosiyete y’u Rwanda ikora ubwikorezi bwo mu Kirere RwandAir yatangaje ko yasubitse…

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

Umunya-Brazil Henrique Ribeiro Bravo w’imyaka 20 ukinira ikipe ya Soudal Quick-Step Devo…

Israel yongeye kugaba ibitero muri Iran

Ingabo za Israel (IDF) zongeye kugaba igitero gikomeye muri Iran nyuma y’amezi…

AFC/M23 yongeye kugaragaza ubugome ndenga kamere bwa FARDC

Umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wagaragaje…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Burusiya na Ukraine byahererekanyije imibiri y’abasirikare baguye ku rugamba

2 Min Read
Mu mahanga

Andi makuru mashya ku rupfu RWA Lt.Col Willy Ngoma 

1 Min Read
Mu mahanga

MASISI: FARDC irigamba kwisubiza Mahanga

1 Min Read
Mu mahanga

Bobi Wine ntakozwa ibyo kumvikana na Leta ya Uganda ngo ave mu bwihisho

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?