BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jul 31, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Umugore wa Tshisekedi yegetse ibitero bya M23 k’uRwanda

Umugore wa Tshisekedi yegetse ibitero bya M23 k’uRwanda

admin
Last updated: November 29, 2022 10:31 am
admin
Share
SHARE

Ubwo yari mu nama mu Bwongereza yiga ibijyanye no kwirinda ihohoterwa rishingiye ku gitsinda mu gihe cy’ibibazo nk’intambara(PSVI ) Preventing Sexual Violence Conflict Initiative Conference) Madamu wa Perezida wa Congo,Denise Nyekeru Tshisekedi,yashinje uRwanda ubushotoranyi bwihishe muri M23 ,avuga ko igihugu cye kiriguhura n’akarengane.

Umugore wa Tshisekedi yashinje uRwanda gutera Congo yihishe muri M23

Ni inama yateguwe na guverinoma y’Ubwongereza,yatangiye kuwa 28 Ugushyingo 2022, yitabirwa n’abayobozi batandukanye.

Ubwo yagezaga ijambo ku bitabiriye inama  baturutse hirya no hino ku Isi,Denise Nyakeru Tshisekedi , yavuze ko  ”igihugu cye cyatewe n’umutwe w’itwaje intwaro,ushigikiwe n’uRwanda kandi uri inyuma y’imfu zibarirwa muri miliyoni ziri muri Congo.”

Umugore wa Tshisekedi yavuze ko mu gihugu cye hakirangwa ihohotera rishingiye ku gitsina ariko anagaragaze uko igihugu cye gihagaze mu kurikumira.

Denise Nyakeru Tshisekedi yavuze ko abagore n’abakobwa bari guhohoterwa mu gihugu cye  bikorwa n’abari gushaka umutungo w’igihugu.

Denise Nyakeru yagize ati “Igihugu cyanjye cyibarurwamo imfu zigera kuri za miliyoni harimo n’abakobwa.Kubera ibikorwa by’urugomo.Ibyo bijyana no gusahura ubukungu.

Yakomeje agira ati “Intambara y’akarengane yashojwe ku gihugu cyanjye ,ikozwe n’umutwe w’iterabwoba ushyigikiwe n’uRwanda.”

Kuri Denise Nyakaru,yasabye  ko  imiryango mpuzamahanga yakwita kuri  iki kibazo, kugira ngo gishakirwe igisubizo

Si ubwa mbere mu nama zikomeye Congo ishinja uRwanda kuyitera.Muri Nzeri uyu mwaka nabwo Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo Félix Tshisekedi yashinje u Rwanda “ubushotoranyi rwihishe muri M23”, mu ijambo yagejeje ku nteko rusange ya 77 y’umuryango w’abibumbye (ONU/UN) i New York.

Tshisekedi yavuze ko nubwo igihugu cye gifite ubushake bwiza bwo kubana mu mahoro n’abaturanyi, “bamwe muri bo nta kindi cyiza babonye cyo kudushimira kitari ubushotoranyi no gufasha imitwe yitwaje intwaro ikora iterabwoba iyogoza uburasirazuba” bwa DR Congo.

Yashinje u Rwanda ko kuva mu kwezi kwa gatatu uyu mwaka, rwongeye gushotora igihugu cye mu gufasha umutwe w’inyeshyamba wa M23 mu buryo bw’ibikoresho n’abasirikare, rurenze ku mategeko mpuzamahanga, ku mahame shingiro ya ONU n’ay’umuryango w’Ubumwe bw’Afurika (AU/UA).

URwanda ndetse n’umutwe wa M23 bakomje kwamaganira kure ibirego bya Congo .

Kugeza ubu nubwo umwuka hagati y’ibihugu byombi utifashe neza, hatangiye inzira y’ibiganiro ku mpande zombi bigizwemo uruhare na Perezida wa Angola, Manuel Gonçalves Lourenço.

iVOMO:https:politico.cd

TUYISHIMIRE RAYMOND/UMUSEKE.RW

 

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • mahoro jack says:
    November 29, 2022 at 12:56 pm

    Kiriya gihugu ubusanzwe umuvugizi wacyo ninde ko buri wese asa n’ukiyobora? Ubu uyu mudamu yakoze igenzura rya gisirikare noneho asanga ingabo za RDF muri Congo???? Nabonye hari n’uherutse kubwira abazungu yaririraga ko ingagi ziri mu Rwanda ari izo rwibye Congo!!!

    Reply

Leave a Reply to mahoro jack Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Huye mu mirenge ya Gishanvu…

Santarafurika: Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zashimiwe ubwitange bwabo

Perezida wa Repubulika ya Santarafurika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, Prof.…

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Hagiye kuba inama Yiga Uko Isi Yose Yakwemera Leta Ya Palestine nk’igihugu

3 Min Read
Mu mahanga

AFC/M23 yanenze Radio Okapi n’ibindi bitangazamakuru bibogamira ku nkuru ziyisebya 

3 Min Read
Mu mahanga

Nigeria yiyongereye mu bihugu byifuza kwakira Formula One

1 Min Read
Mu mahanga

Kwegura kwa Visi Perezida w’u Buhinde byateje impaka n’urujijo

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?