BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Mar 16, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Umugabo wari umaze imyaka 50 atoga yapfuye

Umugabo wari umaze imyaka 50 atoga yapfuye

admin
Last updated: October 26, 2022 2:02 am
admin
Share
SHARE

Umugabo wo muri Iran, Amou Haji nyuma yo kumara imyaka irenga 50 atikoza amazi cyangwa isabune atinya ko arwara yapfuye afite imyaka 94.

Amou Haji nyuma yo kumara imyaka irenga 50 atikoza amazi cyangwa isabune atinya ko arwara yapfuye afite imyaka 94

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, nibwo inkuru yabaye kimomo maze biba igitaramo ku mbuga nkoranyambaga n’ibinyamakuru ko umugabo ufatwa nk’umunyamwanda kurusha abandi ku isi yapfuye tariki 23 Ukwakira, 2022.

Nk’uko bitangazwa n’ibinyamakuru binyuranye birimo ibiro ntaramakuru byo muri Iran, Amou Haji yari amaze igice cy’ikinyejana kirenga yararahiye ko atazikozaho amazi cyangwa isabune atinya ko yarwara, gusa ngo hashize amezi make ahatiwe koga.

Uyu mugabo wo mu majyepfo y’intara ya Fars, abaturanyi be bavuga ko hari abagerageje kumwuhagira ariko agakomeza kwinangira, gusa ngo yaje gushyirwaho igitutu birangira bamwuhagiye, hadaciye kabiri amaze gukaraba yaje guhita arwara nk’uko yabitinyaga maze birangira apfuye.

Mu 2014 mu kiganiro Amou Haji yahaye ikinyamakuru Tehran Times, yahishuye ko ari umukunzi w’akadasohoka w’inyama z’ikinyogote, ubuzima bwe kenshi ngo yabumaraga mu butaka aho yari yariyubakiye akazu mu giturage cya Dejgah.

Ibiryo bye ahanini byari inyama zokeje, agakunda gutuma itabi.

Mu bintu byamubangamiraga cyane mu buzima bwe kwari ukumuha amazi meza yo kunywa, ndetse no gushaka kumwuhagira.

Urupfu rw’uyu mugabo rukaba rwatangaje abantu batari bake hirya no hino ku isi, dore ko ajya gutura aha wenyine yari ahunze abantu bashaka kumukarabya amazi, ibintu yari yaraciye ukubiri na byo.

Yari yarahisemo kutazongera koga

NKURUNZIZA Jean Baptiste/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
5 Comments
  • Nsabimana says:
    October 26, 2022 at 10:31 am

    Imana imamwakire mubayo ariko azize abamwogeje atabyemera babahane umuntu mukuru yari yarababujije yari azi impamvu

    Reply
  • Nsabimana says:
    October 26, 2022 at 10:31 am

    Imana imamwakire mubayo ariko azize abamwogeje atabyemera babahane umuntu mukuru yari yarababujije yari azi impamvu

    Reply
  • Anonymous says:
    October 26, 2022 at 3:27 pm

    Kutoga se abandi boga wavuga ko ushaka kugera ku ki, mwe kurengera umwanda

    Reply
  • Anonymous says:
    October 26, 2022 at 3:27 pm

    Kutoga se abandi boga wavuga ko ushaka kugera ku ki, mwe kurengera umwanda

    Reply
  • Misago says:
    October 26, 2022 at 7:14 pm

    Niyihangane

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti bimwe bibutera utwatsi

Perezida Donald Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti za Leta Zunze Ubumwe za…

Abasirikare b’u Rwanda bari bagiye gutanga ubutabazi muri Jamaica bagarukanye ishema

Abasirikare mu Ngabo z’u Rwanda bari berecyeje muri Jamaica mu butumwa bw’ubutabazi…

Madagascar yashyizeho Minisitiri w’Intebe nyuma yo gusesa Guverinoma

Perezida wa Madagascar, Col. Michael Randrianirina yatangaje ko Mamitiana Rajaonarison ari we…

Kenya yemeje ko u Burusiya butazongera kujyana abenegihugu bayo mu ntambara yo muri Ukraine

Minisitiri w’Intebe wa Kenya akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Musalia Mudavadi, yatangaje…

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?