BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Dec 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Umugabo wari umaze imyaka 50 atoga yapfuye

Umugabo wari umaze imyaka 50 atoga yapfuye

admin
Last updated: October 26, 2022 2:02 am
admin
Share
SHARE

Umugabo wo muri Iran, Amou Haji nyuma yo kumara imyaka irenga 50 atikoza amazi cyangwa isabune atinya ko arwara yapfuye afite imyaka 94.

Amou Haji nyuma yo kumara imyaka irenga 50 atikoza amazi cyangwa isabune atinya ko arwara yapfuye afite imyaka 94

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, nibwo inkuru yabaye kimomo maze biba igitaramo ku mbuga nkoranyambaga n’ibinyamakuru ko umugabo ufatwa nk’umunyamwanda kurusha abandi ku isi yapfuye tariki 23 Ukwakira, 2022.

Nk’uko bitangazwa n’ibinyamakuru binyuranye birimo ibiro ntaramakuru byo muri Iran, Amou Haji yari amaze igice cy’ikinyejana kirenga yararahiye ko atazikozaho amazi cyangwa isabune atinya ko yarwara, gusa ngo hashize amezi make ahatiwe koga.

Uyu mugabo wo mu majyepfo y’intara ya Fars, abaturanyi be bavuga ko hari abagerageje kumwuhagira ariko agakomeza kwinangira, gusa ngo yaje gushyirwaho igitutu birangira bamwuhagiye, hadaciye kabiri amaze gukaraba yaje guhita arwara nk’uko yabitinyaga maze birangira apfuye.

Mu 2014 mu kiganiro Amou Haji yahaye ikinyamakuru Tehran Times, yahishuye ko ari umukunzi w’akadasohoka w’inyama z’ikinyogote, ubuzima bwe kenshi ngo yabumaraga mu butaka aho yari yariyubakiye akazu mu giturage cya Dejgah.

Ibiryo bye ahanini byari inyama zokeje, agakunda gutuma itabi.

Mu bintu byamubangamiraga cyane mu buzima bwe kwari ukumuha amazi meza yo kunywa, ndetse no gushaka kumwuhagira.

Urupfu rw’uyu mugabo rukaba rwatangaje abantu batari bake hirya no hino ku isi, dore ko ajya gutura aha wenyine yari ahunze abantu bashaka kumukarabya amazi, ibintu yari yaraciye ukubiri na byo.

Yari yarahisemo kutazongera koga

NKURUNZIZA Jean Baptiste/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
5 Comments
  • Nsabimana says:
    October 26, 2022 at 10:31 am

    Imana imamwakire mubayo ariko azize abamwogeje atabyemera babahane umuntu mukuru yari yarababujije yari azi impamvu

    Reply
  • Nsabimana says:
    October 26, 2022 at 10:31 am

    Imana imamwakire mubayo ariko azize abamwogeje atabyemera babahane umuntu mukuru yari yarababujije yari azi impamvu

    Reply
  • Anonymous says:
    October 26, 2022 at 3:27 pm

    Kutoga se abandi boga wavuga ko ushaka kugera ku ki, mwe kurengera umwanda

    Reply
  • Anonymous says:
    October 26, 2022 at 3:27 pm

    Kutoga se abandi boga wavuga ko ushaka kugera ku ki, mwe kurengera umwanda

    Reply
  • Misago says:
    October 26, 2022 at 7:14 pm

    Niyihangane

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

Ambasaderi w’u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yahakanye…

Gakenke: Yafatanywe ibiro 17 by’urumogi na litiro 14 za kanyanga mu nzu

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku bufatanye na Polisi ikorera…

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports…

Gen (Rtd) Kabarebe yahererekanyije ububasha na Dr. Usta Kayitesi

Gen (Rtd) James Kabarebe wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga…

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

Ishami rya Polisi ya Finlande rikorera mu gace ka Valkeakoski, ryemeje ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Urunturuntu no gucikamo ibice kw’ ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi 

3 Min Read
Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?