BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Aug 14, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Ukraine yamaramaje ko nta butaka bwayo buzomekwa ku Burusiya

Ukraine yamaramaje ko nta butaka bwayo buzomekwa ku Burusiya

sam
Last updated: August 13, 2025 10:16 am
sam
Share
SHARE

Perezida Volodymyr Zelensky yamaramaje ko Ukraine itazigera ireka akarere ka Donbas ngo gatwarwe n’Uburusiya nk’ingurane kugira ngo habeho agahenge k’intambara imaze igihe yarashegeshe igihugu cye.

Zelensky yabivuze mbere y’inama izahuza Donald Trump na Perezida w’Uburusiya, Vladimir Putin, izabera muri leta ya Alaska muri Amerika ku wa Gatanu.

Ni mu gihe Perezida Putin yifuza ko Ukraine yahara ibice ikigenzura by’Akarere ka Donbas mu burasirazuba bw’icyo gihugu.

Naho Trump we avuga ko, uko byagenda kose, kugira ngo amasezerano y’amahoro agerweho, hazabaho guhara bimwe mu bice by’uturere twa Ukraine.

Ibi byifuzo bya Trump na Putin, Zelensky avuga ko ari inzozi zitazagerwaho, kuko Ukraine ititeguye na rimwe gutanga ubutaka bwayo nk’impano ku Burusiya.

Zelensky avuga ko igisirikare cye cyiteguye gusenya imitwe y’ingabo z’Uburusiya zikomeje gutera intambwe zerekeza hafi y’umujyi wa Dobropillia no kwigarurira uduce twinshi.

Yavuze ko Uburusiya bugomba kugaragaza mbere ibyo Perezida Trump na Putin bazaganiraho, bitabaye ibyo ngo guhura kwabo ntacyo kuzatanga.

Zelensky yavuze ko kuva muri Donbas ari ugufungura ku mugaragaro ibitero by’Uburusiya, ibintu Ukraine ngo itarota ikora.

Yanavuze ko bari gucungira hafi Uburusiya kuko burimo gutegura ibitero bishya mu bice bitatu byo ku rugamba: mu duce twa Zaporizhzhia, Pokrovsk na Novopavlov.

Akarere ka Donbas, kifuzwa cyane na Putin, kagizwe n’uturere two mu burasirazuba bwa Luhansk na Donetsk, igice kinini kigaruriwe n’Uburusiya kuva mu mwaka wa 2014.

Uburusiya ubu bugenzura Luhansk hafi ya yose ndetse na hafi 70% by’akarere ka Donetsk.

Muri Gashyantare 2022 nibwo Uburusiya bwagabye igitero cyeruye kuri Ukraine. Kuri ubu, bugenzura hafi 20% by’ubutaka bwa Ukraine.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Amerika yafatiye ibihano PARECO-FF yashinzwe n’uwahoze mu buyobozi bwa M23

Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku wa 12 Kanama 2025 zafatiye ibihano…

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Santrafurika zambitswe imidari y’ishimwe

Inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri muri Centrafrique mu butumwa bw’amahoro bwa Loni…

Imbonerakure zitashye zariye karungu zivuga ko leta yazigambaniye

Abaturage mu Burundi baravuga ko batewe impungenge n'Imbonerakure zikubutse mu ntambara muri…

Ukraine yamaramaje ko nta butaka bwayo buzomekwa ku Burusiya

Perezida Volodymyr Zelensky yamaramaje ko Ukraine itazigera ireka akarere ka Donbas ngo…

Abofisiye ba RDF na RCS mu bashinjwa muri dosiye ya APR FC

Urukiko rwa Gisirikare rwa Nyamirambo kuri uyu wa 13 Kanama 2025, rwatangiye…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

DRC: Perezida Tshisekedi yakoze impinduka mu buyobozi bukuru bw’Urwego rushinzwe Iperereza

1 Min Read
Mu mahanga

Nestor Ntahontuye, yarahiriye kuyobora Guverinoma nshya nka Minisitiri w’Intebe mu Burundi.

1 Min Read
Politike

Uhagarariye Uganda i Kinshasa yahamagajwe gusobanura iby’ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

1 Min Read
Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?