BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Mar 19, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Ukraine nirangara intwaro kirimbuzi zizakoreshwa – Umusesenguzi

Ukraine nirangara intwaro kirimbuzi zizakoreshwa – Umusesenguzi

admin
Last updated: December 27, 2022 4:32 pm
admin
Share
SHARE

Amezi abaye icumi Uburusiya bushoje intambara kuri Ukraine yashakaga kwiyunga ku muryango w’ibihugu by’Uburayi na America ugamije gutabarana (OTAN), ibitari byitezwe ko bizamara igihe kingana gutya kuko Perezida Vladimir Putin yizezaga ko azatsinda Ukraine mu byumweru bitatu gusa.

Dr. Ismael Buchanan asanga ibihugu nka Amerika bikomeje gufasha Ukraine

Iherezo n’umuti ku ntambara y’Uburusiya muri Ukraine bikomeje kuba agatereranzamba, ubukungu bw’isi bukomeje gukomwa mu nkokora, ibihano byafatiwe Putin hagamijwe kumuca intege, ariko bamennye amazi ku rutare, intambara aracyayirwana yemye.

Ibihugu by’ibihangange nka Leta Zunze Ubumwe z’Amerika n’ibihugu biri kumwe mu muryango wa OTAN bikomeje gutera ingabo mu bitugu Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, ibintu abakurikiranira hafi politike mpuzamahanga basanga bikomeza gushyira mu kaga Uburusiya na Ukraine.

Umwarimu muri kaminuza akaba umusesenguzi wa politike, harimo na mpuzamahanga, Dr. Ismael Buchanan mu kiganiro cyihariye n’UMUSEKE yavuze ko kuba ibihugu nka Leta Zunze Ubumwe z’Amerika bikomeje gutera inkunga Ukraine muri iyi ntambara ari byo bituma itarangira.

Agashimangira ko Ukraine yashutswe ndetse ikomeje gushukwa n’amahanga ko izatsinda intambara, nyamara yibeshya ibintu bikomeje kuyigiraho ingaruka zirimo ibikorwaremezo byangijwe, abantu bapfa n’ubukungu buhatikirira.

Ati “Ukraine yasabye ibiganiro no mu gihe cya mbere intambara igitangira, aho Uburusiya bwari bwemeye guca bugufi bukicara bakaganira, ahubwo rero Ukraine yarashutswe mu ruhande rumwe izi ko igiye gufashwa n’ibihugu by’ibihangange nka Amerika n’ibyibumbiye muri NATO, yumva ko intambara yarangira mu gihe gito, kandi bakabiboneraho amahirwe yo kuvuga bati nubwo Ukraine turi igihugu gito twahangara Uburusiya, ariko habayeho kwibeshya.”

Akomeza agira ati “Ejo bundi Zelensky yasuye Amerika banamuha imfashanyo bikwereka ko Amerika ibiri inyuma, kuba Ukraine idashyira hasi intwaro ni uko ibona ko ishyigikiwe n’Amerika n’ibihugu by’i Burayi, ibi birayiha akanyabugabo ko yarangiza intambara.

Ukraine irumva ko izarangiza intambara iyitsinze kubera ko ihagarikiwe n’ibyo bihugu, ariko ibyo aribyo byose iribeshya. Abakomeza gupfa si Abanyaburayi, Abanyamerika ahubwo ni Abanya-Ukraine, igihe kirageze ngo ashyire ubwenge ku gihe niba koko abona ibintu bigeze iwa ndabaga, agahaguruka akajya mu mishyikirano.”

Dr. Ismael Buchanan agaragaza ko nubwo Uburusiya nabwo buhombera muri iyi ntambara bwashoje kuri Ukraine, Perezida Putin atazigera ava ku izima kuko ibihano by’ubukungu yafatiwe bitigeze bimukoma mu nkokora, agahamya ko igisubizo kiri muri Ukraine yagana ibiganiro aho gushukwa n’ibihugu by’ibihangange.

Ku kuba iyi ntambara yatuma habaho ikoreshwa ry’intwaro za kirimbuzi za Nuclear, Dr. Ismael Buchanan avuga ko ntakabuza zishobora gukoreshwa, ariko impamvu zitahita zikoreshwa biterwa n’uko Uburusiya buzi ko ibihugu bya Amerika, u Budage, u Bwongereza, u Bufaransa n’ibindi bihugu bya NATO bifite izi ntwaro.

Yagize ati “Uburusiya buzi neza ko butari guhangana na Ukraine yonyine, bugize icyo bukoresha mu kuzisohora byateza ikibazo gikomeye ku Burusiya bidasize isi yose, bityo rero harimo ikintu cyo gutinyana, Uburusiya kuba butarazikoresha ni uko buzi ko byabuzanira ingorane zikomeye. Abanyamerika, Ukraine n’u Burayi ntibabone ko gushotora Uburusiya byatuma yitabara izikoresha, uko bikomeza gushyuha birashoboka ko zakoreshwa.”

Umusesenguzi mu bya politiki mpuzamahanga, Dr. Ismael Buchanan  ahamya ko magingo aya aho Uburusiya bugeze burwana intambara bwashoje kuri Ukraine, bwamaze kwesa umuhigo wabwo harimo kubuza Ukraine kwiyunga kuri OTAN, gusa kuba badahagarika intambara bazi neza ko iki gihugu kitarazibukira umugambi wo kujya muri OTAN.

Kuba iyi ntambara ikomeje gufata indi ntera, yemeza ko ingaruka zikomeza kuba uruhuri haba mu bukungu, kurebana urunuka kwa Ukraine n’Uburusiya, umubare munini w’abapfa, ibikorwaremezo byangizwa n’izindi ngaruka zigera ku bihugu byinshi mu isi cyane cyane umugabane w’Afurika.

Uburusiya buri mu bihugu bitunze intwaro kirimbuzi nyinshi ku isi

NKURUNZIZA Jean Baptiste/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
4 Comments
  • kagisha says:
    December 27, 2022 at 7:06 pm

    Abasesenguzi benshi bahamya ko Putin ajyana isi ku ntambara ya 3 y’isi,ubwo noneho bazarwanisha bombes atomiques isi yose igashira.Gusa nkuko ijambo ryayo rivuga,Imana ntabwo yakwemera ko abantu batwika isi yiremeye.Ahubwo izabatanga itwike intwaro zose zo ku isi,hamwe n’abantu bose bakora ibyo itubuza,harimo n’abarwana.Niyo Armageddon ivugwa muli bibiliya.Birashoboka cyane ko yegereje iyo urebye ibirimo kubera ku isi byinshi biteye ubwoba cyane.Turusheho gushaka imana,twe kwibera gusa mu gushaka iby’isi,kugirango tuzarokoke kuli uwo munsi uteye ubwoba cyane nkuko Yoweli igice cya 2,umurongo wa 11 havuga.

    Reply
    • Patos says:
      December 27, 2022 at 9:44 pm

      Ibyo wowe uvuga ntashingiro,gusa Putin ntashobora gutsindwa na Ukraine kuko yo yarayitsinze ubu arimo kurwana na OTANI ariko abaturage bapfa ni aba Ukraine na Russia gusa bizarangira OTANI itsinzwe kuko Russia ifite ubukungu buhamye ndetse Africa irabukeneye kuko Europe na USA hari igihe bizabura ibyo bifasha Africa,hanyuma bagasigara bafashwa na Russia na Chine .So Zelesky bazamurasa birangire

      Reply
  • Nkundimana sylivestre says:
    December 27, 2022 at 9:44 pm

    Icyombonacyo amerika irashuka ukereni kdi bizabyara byinshi kuko natwe afurika twarabibonyepe! urugero: kungano,isukali nu muceli

    Reply
  • Patos says:
    December 27, 2022 at 9:45 pm

    Ibyo wowe uvuga ntashingiro,gusa Putin ntashobora gutsindwa na Ukraine kuko yo yarayitsinze ubu arimo kurwana na OTANI ariko abaturage bapfa ni aba Ukraine na Russia gusa bizarangira OTANI itsinzwe kuko Russia ifite ubukungu buhamye ndetse Africa irabukeneye kuko Europe na USA hari igihe bizabura ibyo bifasha Africa,hanyuma bagasigara bafashwa na Russia na Chine .So Zelesky bazamurasa birangire

    Reply

Leave a Reply to Patos Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Kenya: Abakora mu by’indege bateguje indi myigaragambyo

Ihuriro ry’abakora muri serivisi z’indege muri Kenya (KAWU) ryatangaje ko abanyamuryango baryo…

Nyagatare: Hangijwe ibiyobyabwenge birimo urumogi na kanyanga bifite agaciro k’arenga miliyoni 56 frw

Mu Karere ka Nyagatare, habereyemo igikorwa cyo kwangiza ibiyobyabwenge birimo urumogi na…

Sudan: RSF yishe abarenga 17, isiga abarenga 120 bakomeretse

Imirwano yongeye gufata intera hagati y’ingabo za Leta ya Sudan n’abarwanyi b’Umutwe…

Perezida Kagame yakiriye umuyobozi wa rimwe mu matorero akomeye muri Amerika

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu, itariki 18 Werurwe 2026, Perezida…

Umunsi w’Ilayidi wamenyekanye

Ubuyobozi bukuru bw’ Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda (RMC), bwatangaje ko umunsi mukuru…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

DRC: Abadepite bo muri Kivu ya Ruguru barataka ubukene kubera kudahembwa

1 Min Read
Mu mahanga

Madagascar yashyizeho Minisitiri w’Intebe nyuma yo gusesa Guverinoma

1 Min Read
Mu mahanga

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

1 Min Read
Mu mahanga

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?