BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jul 31, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Uganda yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru abasirikare bakuru 260

Uganda yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru abasirikare bakuru 260

admin
Last updated: August 31, 2022 9:15 am
admin
Share
SHARE

Abasirikare 260 mu ngabo za Uganda bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru, umuhango wayobowe n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba.

Lt Gen Muhoozi Keinerugaba, umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni akaba n’Umugaba Mukuru w’ingabo zirwanira ku butaka

Urubuga rw’ingabo za Uganda ruvuga ko bariya basirikare barimo ba Ofisiye bakuru bari bamaze imyaka igera kuri 30 mu kazi.

Gusezerera bariya basirikare byabaye ku wa Kabiri ku Biro bikuru by’ingabo zirwanira ku butaka, ahitwa Bombo, mu Karere ka Luwero.

Abasezerewe barimo abafite ipeti rya Colonel 62, abafite ipeti rya Lieutenant Colonel 65, n’abafite ipeti rya Major 133.

Ni itsinda rya 12 ry’abasirikare bakuru basezerewe.

Lt Gen Muhoozi Keinerugaba, umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni akaba n’Umugaba Mukuru w’ingabo zirwanira ku butaka, ni we wayoboye uyu muhango mu izina rya Perezida Museveni.

Yashimiye abasirikare basezerewe ku kazi bakoze mu guharanira amahoro n’umutekano haba muri Uganda no hanze yayo.

Yagize ati “Mwagaragaje gukunda igihugu no kwitanga mu kazi. Ibi bintu bibiri byakomeje kuba umusingi w’ingabo za UPDF.”

Gen Muhoozi Keinerugaba yabwiye bariya basirikare ko bazahora iteka bakenewe mu kazi igihe byaba ngombwa.

Ati “Uyu ni umunsi wo kwishimira, ni umunsi wanyu. Mubyishimire cyane, Imana ibahe umugisha.”

Yabibukije ko bagomba kwitwararika mu buzima bushya aho bagiye kubana n’abaturage basanzwe b’abasivile.

Lt Gen Muhoozi Keinerugaba aha umudari umwe muri ba Ofisiye wagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Huye mu mirenge ya Gishanvu…

Santarafurika: Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zashimiwe ubwitange bwabo

Perezida wa Repubulika ya Santarafurika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, Prof.…

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Hagiye kuba inama Yiga Uko Isi Yose Yakwemera Leta Ya Palestine nk’igihugu

3 Min Read
Mu mahanga

AFC/M23 yanenze Radio Okapi n’ibindi bitangazamakuru bibogamira ku nkuru ziyisebya 

3 Min Read
Mu mahanga

Nigeria yiyongereye mu bihugu byifuza kwakira Formula One

1 Min Read
Mu mahanga

Kwegura kwa Visi Perezida w’u Buhinde byateje impaka n’urujijo

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?