BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 8, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Uganda yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru abasirikare bakuru 260

Uganda yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru abasirikare bakuru 260

admin
Last updated: August 31, 2022 9:15 am
admin
Share
SHARE

Abasirikare 260 mu ngabo za Uganda bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru, umuhango wayobowe n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba.

Lt Gen Muhoozi Keinerugaba, umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni akaba n’Umugaba Mukuru w’ingabo zirwanira ku butaka

Urubuga rw’ingabo za Uganda ruvuga ko bariya basirikare barimo ba Ofisiye bakuru bari bamaze imyaka igera kuri 30 mu kazi.

Gusezerera bariya basirikare byabaye ku wa Kabiri ku Biro bikuru by’ingabo zirwanira ku butaka, ahitwa Bombo, mu Karere ka Luwero.

Abasezerewe barimo abafite ipeti rya Colonel 62, abafite ipeti rya Lieutenant Colonel 65, n’abafite ipeti rya Major 133.

Ni itsinda rya 12 ry’abasirikare bakuru basezerewe.

Lt Gen Muhoozi Keinerugaba, umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni akaba n’Umugaba Mukuru w’ingabo zirwanira ku butaka, ni we wayoboye uyu muhango mu izina rya Perezida Museveni.

Yashimiye abasirikare basezerewe ku kazi bakoze mu guharanira amahoro n’umutekano haba muri Uganda no hanze yayo.

Yagize ati “Mwagaragaje gukunda igihugu no kwitanga mu kazi. Ibi bintu bibiri byakomeje kuba umusingi w’ingabo za UPDF.”

Gen Muhoozi Keinerugaba yabwiye bariya basirikare ko bazahora iteka bakenewe mu kazi igihe byaba ngombwa.

Ati “Uyu ni umunsi wo kwishimira, ni umunsi wanyu. Mubyishimire cyane, Imana ibahe umugisha.”

Yabibukije ko bagomba kwitwararika mu buzima bushya aho bagiye kubana n’abaturage basanzwe b’abasivile.

Lt Gen Muhoozi Keinerugaba aha umudari umwe muri ba Ofisiye wagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Musanze: Polisi yamennye litiro zisaga 1700 z’ibinyobwa bitujuje ubuziranenge

Mu bikorwa byo kurwanya ikora, ikwirikwiza n'ikoreshwa by'ibinyobwa bitemewe, Polisi ikorera mu…

Hongeye kwaduka imirwano hagati ya Thailand na Cambodia

Ingabo za Thailand zatangaje ko zatangiye kugaba ibitero byo mu kirere ku…

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Uganda igiye gukomorera Facebook nyuma y’imyaka 5 ifunzwe 

2 Min Read
Mu mahanga

Gisagara: Abantu batatu bafunzwe bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi

1 Min Read
Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?