BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jul 31, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Inkuru zindi > Uganda igiye kohereza izindi ngabo muri Congo

Uganda igiye kohereza izindi ngabo muri Congo

admin
Last updated: November 18, 2022 11:31 am
admin
Share
SHARE

 Uganda cyatangaje ko  icyiciro cya kabiri cy’abasirikare bari mu myiteguro ya nyuma yo kujya  guhanagana n’inyeshyamba ziri mu Burasirazuba bwa Congo .

Ingabo za Uganda ziritegura kujya muri Congo

Ni ingabo zigiye mu butumwa  bw’umutwe w’ingabo za Africa y’iburasirazuba (EAC)  kurwanya inyeshyamba zose ziri muri  Congo.

Umuvugizi w’ingabo za Uganda, Brig Gen Felix Kulayigye, yatangaje ko izi ngabo ziri mu myitozo ya nyuma mbere y’uko zinjira ku butaka bwa Congo, zigasanga iza Kenya 900 zerekeje iGoma muri iki cyumweru.

Ntihatangajwe nyirizina umubare w’ingabo zizajya ku rugamba  guhangana n’inyeshyamba.Umutwe wa M23 uhanganye bikomeye n’igisirikare cya leta, ubu ugenzura igice kinini cya ya Rutshuru,  muri  teritwari ya Nyiragongo ari nako usatira umujyi wa Goma.

Uyu mutwe ukomeje kugarukwaho n’imiryango mpuzamahanga, n’ibihugu byo mu Burengerazuba bw’Isi bisaba ko warambika hasi intwaro, ndetse  ko  uhangayikishije mu gihe muri Congo habarizwa imitwe y’inyeshyamba irenga 100.

Imirwano M23 ihanganyemo na Congo   imaze gukura abaturage benshi mu byabo aho abagera ku 60.000 bamaze guhungira mu bihugu bituranye na Congo abandi bakambitse ku misozi.

Kugeza ubu ibihugu birimo uBurundi,Uganda ,Kenya bimaze kohereza abasirikare  bahuriye mu mutwe w’ingabo za Africa y’iburasirazuba (EAC). Sudani y’Epfo iracyategerejwe ngo nayo yoherezeyo ingabo, Tanzania isa n’iyifashe ku kohereza ingabo muri Congo.

Bahawe ubutumwa mbere y’uko berekeza muri Congo

TUYISHIMIRE RAYMOND/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Huye mu mirenge ya Gishanvu…

Santarafurika: Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zashimiwe ubwitange bwabo

Perezida wa Repubulika ya Santarafurika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, Prof.…

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Hagiye kuba inama Yiga Uko Isi Yose Yakwemera Leta Ya Palestine nk’igihugu

3 Min Read
Mu mahanga

AFC/M23 yanenze Radio Okapi n’ibindi bitangazamakuru bibogamira ku nkuru ziyisebya 

3 Min Read
Mu mahanga

Nigeria yiyongereye mu bihugu byifuza kwakira Formula One

1 Min Read
Mu mahanga

Kwegura kwa Visi Perezida w’u Buhinde byateje impaka n’urujijo

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?