BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jul 31, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Ubuyapani bwanyonze umugabo w’imyaka 39

Ubuyapani bwanyonze umugabo w’imyaka 39

admin
Last updated: July 26, 2022 11:05 am
admin
Share
SHARE

Tomohiro Kato yanyonzwe nyuma yo guhamwa n’ibyaha byo kwica abantu mu kivunga, bamwe yabagongesheje imodoka abandi abatera ibyuma.

Tomohiro Kato yanyonzwe nyuma yo guhamwa n’ibyaha byo kwica abantu mu kivunga

Uyu mugabo ukomoka ahitwa Akihabara, Ubuyapani buvuga ko yishe abantu 7 mu mujyi wa Tokyo mu mwaka wa 2008.

Tomohiro Kato yababaje Abayapani ubwo yicaga abantu benshi mu buryo bubabaje.

Icyo gihe yari afite imyaka 25 yatwaye imodoka y’ikamyo ayigongesha abantu barimo bafata amafunguro ya saa sita ahitwa Akihabara yica abantu batatu.

Nyuma yafashe icyuma gityaye agitera abantu 4 barapfa ndetse akomeretsa abandi 8

Akimara gukora ibyo yatawe muri yombi na Polisi, yemera ko yishe abo bantu, avuga ko uburakari yabuvomye kuri Internet.

Ubwicanyi bwakozwe na Tomohiro Kato bwateje impaka mu baturage b’Ubuyapani, banenga Leta kutagira icyo ikora mu gufasha abafite ibibazo byo mu mutwe baterwa na Internet. Amategeko yo kugendana ibyuma na yo yasubiwemo.

None ku wa Kabiri nyuma y’imyaka 8 uyu musore akatiwe igihano cy’urupfu, Guverinoma y’Ubuyapani yemeje ko yategetse ko anyongwa.

Minisitiri w’Ubutabera w’Ubuyapani, Yoshihisa Furukawa yagize ati “Urubanza rwanyuze mu nkiko ruraburanishwa kugeza rurangiye, kandi umwanzuro w’Urukiko rwemeje igihano cy’urupfu. Nagerageje gukora ibishoboka byose mu gukurikirana uru rubanza.”

Kato yanyongewe muri Gereza Nkuru y’i Tokyo. Yatsinzwe ubujurire bwe ubwo yageragezaga kwiyambaza Urukiko rukuru mu Buyapani ngo agabanyirizwe igihano mu mwaka wa 2015.

Ubwo yafatwaga, Kato yabwiye Polisi ko yagiye Akihabara kwica abantu. Ati “Ntwabo nigeze nita ku wo nari kwica.”

Kato yavukiye mu muryango ukize, ndetse aza kwiga mu mashuri meza. Gusa yaje gutsindwa ibizamini byo kujya muri Kaminuza, akomeza kurwana no gushakisha akazi keza.

Mu rubanza rwe, Abashinjacyaha bamugaragazaga nk’umuntu watangaje amagambo y’agahinda kuri Internet igihe kirekire, ndetse akaba yaragaragazaga ko atakishimiye kubaho.

IVOMO: BBC

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Huye mu mirenge ya Gishanvu…

Santarafurika: Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zashimiwe ubwitange bwabo

Perezida wa Repubulika ya Santarafurika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, Prof.…

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Hagiye kuba inama Yiga Uko Isi Yose Yakwemera Leta Ya Palestine nk’igihugu

3 Min Read
Mu mahanga

AFC/M23 yanenze Radio Okapi n’ibindi bitangazamakuru bibogamira ku nkuru ziyisebya 

3 Min Read
Mu mahanga

Nigeria yiyongereye mu bihugu byifuza kwakira Formula One

1 Min Read
Mu mahanga

Kwegura kwa Visi Perezida w’u Buhinde byateje impaka n’urujijo

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?