BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Jul 18, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Ubuyapani bwanyonze umugabo w’imyaka 39

Ubuyapani bwanyonze umugabo w’imyaka 39

admin
Last updated: July 26, 2022 11:05 am
admin
Share
SHARE

Tomohiro Kato yanyonzwe nyuma yo guhamwa n’ibyaha byo kwica abantu mu kivunga, bamwe yabagongesheje imodoka abandi abatera ibyuma.

Tomohiro Kato yanyonzwe nyuma yo guhamwa n’ibyaha byo kwica abantu mu kivunga

Uyu mugabo ukomoka ahitwa Akihabara, Ubuyapani buvuga ko yishe abantu 7 mu mujyi wa Tokyo mu mwaka wa 2008.

Tomohiro Kato yababaje Abayapani ubwo yicaga abantu benshi mu buryo bubabaje.

Icyo gihe yari afite imyaka 25 yatwaye imodoka y’ikamyo ayigongesha abantu barimo bafata amafunguro ya saa sita ahitwa Akihabara yica abantu batatu.

Nyuma yafashe icyuma gityaye agitera abantu 4 barapfa ndetse akomeretsa abandi 8

Akimara gukora ibyo yatawe muri yombi na Polisi, yemera ko yishe abo bantu, avuga ko uburakari yabuvomye kuri Internet.

Ubwicanyi bwakozwe na Tomohiro Kato bwateje impaka mu baturage b’Ubuyapani, banenga Leta kutagira icyo ikora mu gufasha abafite ibibazo byo mu mutwe baterwa na Internet. Amategeko yo kugendana ibyuma na yo yasubiwemo.

None ku wa Kabiri nyuma y’imyaka 8 uyu musore akatiwe igihano cy’urupfu, Guverinoma y’Ubuyapani yemeje ko yategetse ko anyongwa.

Minisitiri w’Ubutabera w’Ubuyapani, Yoshihisa Furukawa yagize ati “Urubanza rwanyuze mu nkiko ruraburanishwa kugeza rurangiye, kandi umwanzuro w’Urukiko rwemeje igihano cy’urupfu. Nagerageje gukora ibishoboka byose mu gukurikirana uru rubanza.”

Kato yanyongewe muri Gereza Nkuru y’i Tokyo. Yatsinzwe ubujurire bwe ubwo yageragezaga kwiyambaza Urukiko rukuru mu Buyapani ngo agabanyirizwe igihano mu mwaka wa 2015.

Ubwo yafatwaga, Kato yabwiye Polisi ko yagiye Akihabara kwica abantu. Ati “Ntwabo nigeze nita ku wo nari kwica.”

Kato yavukiye mu muryango ukize, ndetse aza kwiga mu mashuri meza. Gusa yaje gutsindwa ibizamini byo kujya muri Kaminuza, akomeza kurwana no gushakisha akazi keza.

Mu rubanza rwe, Abashinjacyaha bamugaragazaga nk’umuntu watangaje amagambo y’agahinda kuri Internet igihe kirekire, ndetse akaba yaragaragazaga ko atakishimiye kubaho.

IVOMO: BBC

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida William Ruto yakiriye intumwa yihariye ya perezida Kagame

Perezida wa Kenya, William Samoei Ruto, yakiriye Intumwa yihariye ya Perezida Paul…

Lamine Yamal yizeje ibitangaza abakunzi ba FC Barcelona

Umunya-Esipanye ukina muri FC Barcelona, Lamine Yamal, yemeje ko agiye kwandika amateka…

Barack Obama n’umugore we bashyize umucyo ku bihuha by’uko batandukanye

Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, n’umugore we…

Miss Naomi yiyamye abavuga ko umugabo we yakennye

Miss Nishimwe Naomie ubitse ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda mu 2020, yihanangirije…

Thomas Lubanga yashimangiye ko ashyigikiye AFC/M23

Thomas Lubanga washinze umutwe witwaje intwaro wa FRP (Force pour la révolution…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

DRC: Igitero cy’abasirikare ba Kinshasa mu mirima ya Joseph Kabila cyamaganwe n’imiryango itari iya leta

2 Min Read
Mu mahanga

Leta ya Uganda yaburiye abagabo bapimisha ADN abana babo

2 Min Read
Mu mahanga

Perezida Ramaphosa yahagaritse Minisitiri ukekwaho gukorana n’udutsiko tw’abagizi ba nabi

2 Min Read
Mu mahanga

RDC igiye gusaba Uganda ibisobanuro ku ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?