BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Mar 18, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Ubushyuhe budasanzwe bwugarije umujyi wa Bujumbura

Ubushyuhe budasanzwe bwugarije umujyi wa Bujumbura

admin
Last updated: January 4, 2023 4:31 pm
admin
Share
SHARE

Ubushyuhe bukabije buri kwibasira umujyi wa Bujumbura, aho ibipimo byazamutse ku kigero cyo hejuru kuruta uko byari bimeze mu minsi ishize.

Umujyi wa Bujumbura

Kuri uyu wa gatatu tariki 04 Mutarama abatuye umujyi wa Bujumbura, bugarijwe n’ubushyuhe buri hejuru cyane ku gipimo kitaribwabeho mbere muri aya mezi.

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu ubushyuhe buri ku kigero cya dogere 32C by’umwihariko hakaba hari icyuka gishyushye cyane.

Abakora mu iteganyagihe bavuga ko umwuka ushyushye bidasanzwe utari umenyerewe mu ntangiriro z’umwaka mu Burundi.

Bavuga ko byitezwe ko ubu bushyuhe burushaho kwiyongera hirya no hino mu gihugu bukaba bwagera kuri dogere 40C.

Umwe mu batuye Umujyi wa Bujumbura yabwiye UMUSEKE ko ubushyuhe bukomeje kwiyongera ku buryo butari bumenyerewe.

Yagize ati “Reka nkubwire, maze koga gatatu ku munsi ariko ndashyushye cyane wagira ngo bantetse.”

Avuga ko kubera ko batari bamenyereye icyo kigero cy’ubushyuhe benshi bari kwibaza imvano yacyo n’amaherezo yabyo.

Mugenzi we utuye ahitwa mu Kigobe mu Mujyi wa Bujumbura yagize ati ” Benshi bagiye kwitega umuyaga wa Tanganyika, hano i Bujumbura byarenze urugero.”

Ubu bushyuhe butamenyerewe bwibasiriye kandi zimwe mu Ntara zo mu Burundi nk’uko bivugwa n’abatuye mu Cibitoki, Rumonge n’ahandi.

Abahanga mu bumenyi bwa siyansi bafite impungenge ko ubushyuhe burushaho kwiyongera bivuye ku bikorwa bya muntu bigira ingaruka zikomeye ku ihindagurika ry’ikirere.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida Kagame yakiriye umuyobozi wa rimwe mu matorero akomeye muri Amerika

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu, itariki 18 Werurwe 2026, Perezida…

Umunsi w’Ilayidi wamenyekanye

Ubuyobozi bukuru bw’ Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda (RMC), bwatangaje ko umunsi mukuru…

Imikono y’igikombe cy’Isi cyizanyuzwa no kuri YouTube 

Mu gihe benshi bagorwa no kureba imikino itandukanye yo hanze y’u Rwanda…

DRC: Abadepite bo muri Kivu ya Ruguru barataka ubukene kubera kudahembwa

Abadepite bo ku rwego rw’intara muri Kivu ya Ruguru muri Repubulika Iharanira…

Iran yemeje urupfu rw’Umuyobozi w’Inama y’Umutekano yayo

Leta ya Iran yemeje ko Umunyamabanga w’Inama y’Umutekano yayo, Dr. Ali Larijani,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Madagascar yashyizeho Minisitiri w’Intebe nyuma yo gusesa Guverinoma

1 Min Read
Mu mahanga

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

1 Min Read
Mu mahanga

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

1 Min Read
Mu mahanga

UNICEF yatangaje akababaro irimo kubera umukozi wayo wiciye i Goma

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?