BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Feb 18, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Ubushyuhe budasanzwe bwugarije umujyi wa Bujumbura

Ubushyuhe budasanzwe bwugarije umujyi wa Bujumbura

admin
Last updated: January 4, 2023 4:31 pm
admin
Share
SHARE

Ubushyuhe bukabije buri kwibasira umujyi wa Bujumbura, aho ibipimo byazamutse ku kigero cyo hejuru kuruta uko byari bimeze mu minsi ishize.

Umujyi wa Bujumbura

Kuri uyu wa gatatu tariki 04 Mutarama abatuye umujyi wa Bujumbura, bugarijwe n’ubushyuhe buri hejuru cyane ku gipimo kitaribwabeho mbere muri aya mezi.

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu ubushyuhe buri ku kigero cya dogere 32C by’umwihariko hakaba hari icyuka gishyushye cyane.

Abakora mu iteganyagihe bavuga ko umwuka ushyushye bidasanzwe utari umenyerewe mu ntangiriro z’umwaka mu Burundi.

Bavuga ko byitezwe ko ubu bushyuhe burushaho kwiyongera hirya no hino mu gihugu bukaba bwagera kuri dogere 40C.

Umwe mu batuye Umujyi wa Bujumbura yabwiye UMUSEKE ko ubushyuhe bukomeje kwiyongera ku buryo butari bumenyerewe.

Yagize ati “Reka nkubwire, maze koga gatatu ku munsi ariko ndashyushye cyane wagira ngo bantetse.”

Avuga ko kubera ko batari bamenyereye icyo kigero cy’ubushyuhe benshi bari kwibaza imvano yacyo n’amaherezo yabyo.

Mugenzi we utuye ahitwa mu Kigobe mu Mujyi wa Bujumbura yagize ati ” Benshi bagiye kwitega umuyaga wa Tanganyika, hano i Bujumbura byarenze urugero.”

Ubu bushyuhe butamenyerewe bwibasiriye kandi zimwe mu Ntara zo mu Burundi nk’uko bivugwa n’abatuye mu Cibitoki, Rumonge n’ahandi.

Abahanga mu bumenyi bwa siyansi bafite impungenge ko ubushyuhe burushaho kwiyongera bivuye ku bikorwa bya muntu bigira ingaruka zikomeye ku ihindagurika ry’ikirere.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Imirwano yahinduye isura mu nkengero za Point Zero

Amakuru yizewe aturuka mu misozi miremire y’i Mulenge, mu bice bya Minembwe,…

Wazalendo basubiranyemo babiri bahasiga ubuzima

Intambara mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) zikomeje guhindura…

Imyigaragambyo ku Kibuga cy’Indege cya Nairobi yatumye indege zitinda

Imyigaragambyo y’abakozi ku kibuga cy’indege gikuru cya Kenya, giherereye mu murwa mukuru…

Inyubako y’ubucuruzi mu Mujyi wa Gisenyi yahiye irakongoka n’ibyarimo byose

Inkongi y’umuriro yibasiye inyubako iherereye mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka…

Rugaju Reagan yasabye imbabazi mu genzi we Lorenzo nyuma y’ibyo yamutangajeho

Umunyamakuru Ndayishimiye Reagan uzwi nka Rugaju Reagan yasabye imbabazi ku butumwa yagaragayemo…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Ethiopia: Abanyamakuru batatu bahagaritswe kubera gushinja Leta gufasha inyeshyamba zo muri Sudani

2 Min Read
Mu mahanga

Umuryango w’Abibumbye urashinja RSF kwica abasivili barenga 6000 mu minsi itatu

2 Min Read
Mu mahanga

AFC/M23 yahishuye impamvu yiyemeje kurwanya FDLR ihangayikishije u Rwanda

3 Min Read
Mu mahanga

AFC/M23 na MONUSCO byaganiriye ku gahenge

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?