BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Mar 12, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Uburusiya bwahaye ubwenegihugu Edward Snowden ushakishwa na US

Uburusiya bwahaye ubwenegihugu Edward Snowden ushakishwa na US

admin
Last updated: September 27, 2022 8:30 am
admin
Share
SHARE

Perezida Vladimir Putin ku wa mbere yahaye ubwenegihugu umunyamerika Edward Snowden ushakishwa n’ubutabera bwa America.

Perezida Vladimir Putin ku wa mbere yahaye ubwenegihugu umunyamerika Edward Snowden

Edward Snowden, yahoze ari umukozi mu biro bya Amerika bishinzwe iperereza, CIA. Yanakoreye urwego rushinzwe umutekano muri Amerika, US National Security Agency.

Yahungiye mu Burusiya akurikiranweho ko yatangaje inyandiko z’ibanga z’urwego yakoreraga, National Security Agency.

Yavuze ko yabikoze kugira ngo arengere uburenganzira bw’abatuye isi.

Perezida Vladimir Putin yamuhaye ubwenegihugu mu gihe, umubano w’igihugu cye na America ishakisha Snowden itameze neza kubera intambara yo muri Ukraine.

Dmitry Peskov, Umuvugizi w’Ibiro bya Perezida mu Burusiya, yabwiye itangazamakuru ko Snowden yahawe ubwenegihugu nyuma yo kubusaba.

Snowden yigeze gutangaza mu kwezi kw’Ukwakira 2020 ko yasabye ubwenegihugu bw’Uburusiya, ariko ko yifuza kugumana n’ubwenegihugu bwa Amerika.

Umugore wa Snowden, Lindsay Mills na we ngo agiye gusaba ubwenegihugu bw’Uburusiya nk’uko byemejwe na Anatoly Kucherena, Umunyamategeko wa Snowden akaba yabibwiye Ibiro Ntaramakuru by’Uburusiya, RIA Novosti.

Umukobwa wabo we afite pasiporo y’Uburusiya kuko niho yavukiye.

Edward Snowden yamennye amabanga ya Leta ya America, aza guhungira mu Burusiya tariki 20 z’ukwezi kwa gatanu mu mwaka wa 2013.

Ku itariki ya 20 z’ukwezi kwa gatandatu 2013, urwego rushinzwe ubutabera muri America rwareze Snowden ibyaha bibiri birimo icyo kurenga ku mategeko agenga ubutasi, n’icyo kwiba umutungo wa Leta. Ibyo birego byatumye, America yambura pasiporo uyu mugabo.

IVOMO: VOA

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

General Alain-Guillaume Bunyoni wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Burundi kuva muri Kamena 2020…

UNICEF yatangaje akababaro irimo kubera umukozi wayo wiciye i Goma

Ishami rya ONU ryita ku bana ryatangaje ko “ribabajwe kandi rishenguwe n’urupfu…

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

Perezida Paul Kagame ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri yagiranye ibiganiro…

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 10 Werurwe 2026, Urwego rw'Ubugenzacyaha (RIB)…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Impunzi z’Abarundi zigera ku 100,000 ziri kwirukanwa mu gihugu cya Tanzania

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Mu mahanga

AFC/M23 yohereje aba-comando bayo hafi ya Kisangani

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?