BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 15, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Uburusiya bwahaye ubwenegihugu Edward Snowden ushakishwa na US

Uburusiya bwahaye ubwenegihugu Edward Snowden ushakishwa na US

admin
Last updated: September 27, 2022 8:30 am
admin
Share
SHARE

Perezida Vladimir Putin ku wa mbere yahaye ubwenegihugu umunyamerika Edward Snowden ushakishwa n’ubutabera bwa America.

Perezida Vladimir Putin ku wa mbere yahaye ubwenegihugu umunyamerika Edward Snowden

Edward Snowden, yahoze ari umukozi mu biro bya Amerika bishinzwe iperereza, CIA. Yanakoreye urwego rushinzwe umutekano muri Amerika, US National Security Agency.

Yahungiye mu Burusiya akurikiranweho ko yatangaje inyandiko z’ibanga z’urwego yakoreraga, National Security Agency.

Yavuze ko yabikoze kugira ngo arengere uburenganzira bw’abatuye isi.

Perezida Vladimir Putin yamuhaye ubwenegihugu mu gihe, umubano w’igihugu cye na America ishakisha Snowden itameze neza kubera intambara yo muri Ukraine.

Dmitry Peskov, Umuvugizi w’Ibiro bya Perezida mu Burusiya, yabwiye itangazamakuru ko Snowden yahawe ubwenegihugu nyuma yo kubusaba.

Snowden yigeze gutangaza mu kwezi kw’Ukwakira 2020 ko yasabye ubwenegihugu bw’Uburusiya, ariko ko yifuza kugumana n’ubwenegihugu bwa Amerika.

Umugore wa Snowden, Lindsay Mills na we ngo agiye gusaba ubwenegihugu bw’Uburusiya nk’uko byemejwe na Anatoly Kucherena, Umunyamategeko wa Snowden akaba yabibwiye Ibiro Ntaramakuru by’Uburusiya, RIA Novosti.

Umukobwa wabo we afite pasiporo y’Uburusiya kuko niho yavukiye.

Edward Snowden yamennye amabanga ya Leta ya America, aza guhungira mu Burusiya tariki 20 z’ukwezi kwa gatanu mu mwaka wa 2013.

Ku itariki ya 20 z’ukwezi kwa gatandatu 2013, urwego rushinzwe ubutabera muri America rwareze Snowden ibyaha bibiri birimo icyo kurenga ku mategeko agenga ubutasi, n’icyo kwiba umutungo wa Leta. Ibyo birego byatumye, America yambura pasiporo uyu mugabo.

IVOMO: VOA

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

Ambasaderi w’u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yahakanye…

Gakenke: Yafatanywe ibiro 17 by’urumogi na litiro 14 za kanyanga mu nzu

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku bufatanye na Polisi ikorera…

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports…

Gen (Rtd) Kabarebe yahererekanyije ububasha na Dr. Usta Kayitesi

Gen (Rtd) James Kabarebe wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga…

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

Ishami rya Polisi ya Finlande rikorera mu gace ka Valkeakoski, ryemeje ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Ubutegetsi bwa Perezida Suluhu bwahakanye gufunga Dr. Mpango wari Visi Perezida

2 Min Read
Politike

Urunturuntu no gucikamo ibice kw’ ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi 

3 Min Read
Mu mahanga

Twirwaneho yasobanuye icyayiteye guhanura kajugujugu y’abacanshuro

3 Min Read
Mu mahanga

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?