BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Mar 2, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Ubukungu > U Rwanda rwashyizeho inoti nshya ya 5.000Frw n’iya 2.000Frw zifite ibimenyetso bitandukanye n’ibiri ku zari zisanzwe

U Rwanda rwashyizeho inoti nshya ya 5.000Frw n’iya 2.000Frw zifite ibimenyetso bitandukanye n’ibiri ku zari zisanzwe

sam
Last updated: August 30, 2024 2:10 pm
sam
Share
SHARE

Mu Rwanda hagiye gukoreshwa inote nshya ya 5.000Frw n’iya 2.000Frw zifite ibirango bitandukanye n’ibyari bizisanzweho.

Bimwe mu bizaba biranga inoti nshya 5000Frw harimo inyubako ya Kigali Convention Center, mu gihe mu bizaba biranga inoti nshya ya 2000Frw, harimo igishushanyo kigaragara cy’imisozi y’ikiyaga cya Kivu.

Iteka rya Perezida rishyiraho izi noti ryasohotse ku wa 29 Kanama 2024, riteganya ko inoti nshya ya 5000 FRW n’iya 2000 FRW zikoreshwa hamwe n’inoti zisanzweho, iya 500 FRW, iya 1000 FRW, iya 2000 FRW n’iya 5000 FRW, kandi zifite agaciro mu Rwanda.

Mu ntangiro za 2019, BNR yashyize hanze inoti nshya za 500 Frw ndetse n’1000Frw. Icyo gihe Guverineri wa BNR ,John Rwangombwa, yasobanuye ko hari impamvu nyinshi zatumye izi noti zihindurwa zirimo kuba izi noti zenda gusa, ndetse no kuba inoti ya 500 yari yoroshye cyane.

Banki Nkuru y’igihugu yemeza ko gukoresha amafaranga mashya bihenda Leta, cyane ko akorerwa mu mahanga kuko mu Rwanda nta sosiyete iragira ubushobozi bwo kuzikora.

Nk’inoti nshya za 2000 na 5000 zakorewe mu Burusiya na Sosiyete ya Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi yaho yitwa Goznak, ica leta y’u Rwanda amafaranga asaga miliyari ubariye mu manyarwanda.

Muri 2015, Guverineri John Rwangombwa yasobanuye agaciro kazo mu kuzikora, ati: “Byose hamwe uko ari inoti za 2000 n’iza 5000 twatanze miliyoni n’ibihumbi 900 y’amadolari y’amanyamerika kugira ngo tuzikoreshe, urumva ko ari ibintu bihenze, kugura ziriya noti birahenze… tuzigura hanze kuko hano nta bushobozi dufite bwo kuzikorera.”

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryanenzwe bikomeye n’umutoza wa Gorilla FC,…

RwandAir yasubitse ingendo zijya i Doha kubera intambara yo muri Iran

Sosiyete y’u Rwanda ikora ubwikorezi bwo mu Kirere RwandAir yatangaje ko yasubitse…

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

Umunya-Brazil Henrique Ribeiro Bravo w’imyaka 20 ukinira ikipe ya Soudal Quick-Step Devo…

Israel yongeye kugaba ibitero muri Iran

Ingabo za Israel (IDF) zongeye kugaba igitero gikomeye muri Iran nyuma y’amezi…

AFC/M23 yongeye kugaragaza ubugome ndenga kamere bwa FARDC

Umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wagaragaje…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Ubukungu

Ibiciro ku masoko byiyongereyeho 7,1% muri Kanama 2025 ugereranyije na Kanama 2024

1 Min Read
Ubukungu

Hasobanuwe impamvu y’izamuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli mu Rwanda

3 Min Read
Ubukungu

Igiciro cya lisansi cyazamutseho 170 Frw kuri litiro

1 Min Read
Ubukungu

Minisitiri Sebahizi yagaragaje uburyo politiki y’ubucuruzi yakwihutisha ubuhahirane muri Afurika

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?