BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Mar 18, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > U Rwanda ntiruzitabira CECAFA y’abatarengeje imyaka 20

U Rwanda ntiruzitabira CECAFA y’abatarengeje imyaka 20

admin
Last updated: October 11, 2022 3:11 pm
admin
Share
SHARE

Ikipe y’Igihugu y’ingimbi z’abatarengeje imyaka 20 [U20], ntikitabiriye irushanwa rihuza amakipe y’ibihugu ya Afurika y’i Burasirazuba n’iyo Hagati [CECAFA] izabera muri Sudan.

Amavubi U20 ntazitabira Cecafa izabera muri Sudan

Umunyamabanga w’Ishyirahamwe Nyarwanda ry’umupira w’amaguru, Muhire Henry yemereye B&B FM ko batazitabira ayo marushanwa.

Yagize ati “Hari impamvu nyinshi ziri tekinike ziba zigendanye no gutegura amakipe y’Ibihugu muri ibyo byiciro. Nk’uko mubizi rero tumaze igihe gito tubonye umuyobozi mushya wa tekinike, ni muri ubwo buryo rero ataramenya neza abo bana bakina umupira mu byiciro bitandukanye ndetse nabo bazafatanya kuyoborana.”

Yakomeje avuga ko bahisemo kubanza gutegura amakipe kugira ngo bazagende ubutaha bizeye guhatana muri ayo marushanwa. Uyu muyobozi abajijwe aho umuyobozi wa tekinike mushya ageze akora, yasubije ko mu byo amaze gukora birimo gusura ibibuga, kumenya amakipe y’abakuru n’abato.

Umunyamabanga yijeje Abanyarwanda ko nta rindi rushanwa ikipe y’Igihugu mu ngeri zose izongera kuburamo.

U Rwanda runaniwe kwitabira amarushanwa y’abato mu mupira w’amaguru ku nshuro ya Kabiri nyuma y’abatarengeje imyaka 17 iherutse gutangaza ko itazitabira amarushanwa ya CECAFA ari kubera muri Éthiopia.

Iyi CECAFA izabera muri Sudan, biteganyijwe ko izakinwa kuva tariki 22 Ukwakira kugeza tariki 3 Ugushyingo uyu mwaka.

Rukimirana Trésor/UMUSEKE i Huye

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
3 Comments
  • Rugamba says:
    October 12, 2022 at 12:15 am

    Ntagitangaje Kirimo urabaza muhire utazi ibyu mupira uko umwana azamuka aciye mu byiciro byosse Urunva yagusubiza ili?

    Reply
  • Rugamba says:
    October 12, 2022 at 12:15 am

    Ntagitangaje Kirimo urabaza muhire utazi ibyu mupira uko umwana azamuka aciye mu byiciro byosse Urunva yagusubiza ili?

    Reply
  • KANYABUGOYI JEAN.DAMACSENE says:
    October 12, 2022 at 6:16 am

    Nimubanzemwitegure,muzajyitabiremuzi,cyomugiyegukora

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Iran yemeje urupfu rw’Umuyobozi w’Inama y’Umutekano yayo

Leta ya Iran yemeje ko Umunyamabanga w’Inama y’Umutekano yayo, Dr. Ali Larijani,…

Musanze: Yafatanywe ibiro bisaga 6 by’urumogi arimo kurukwirakwiza

Ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere, tariki ya 16 werurwe 2026,…

Perezida Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti bimwe bibutera utwatsi

Perezida Donald Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti za Leta Zunze Ubumwe za…

Abasirikare b’u Rwanda bari bagiye gutanga ubutabazi muri Jamaica bagarukanye ishema

Abasirikare mu Ngabo z’u Rwanda bari berecyeje muri Jamaica mu butumwa bw’ubutabazi…

Madagascar yashyizeho Minisitiri w’Intebe nyuma yo gusesa Guverinoma

Perezida wa Madagascar, Col. Michael Randrianirina yatangaje ko Mamitiana Rajaonarison ari we…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

2 Min Read
Imikino

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

2 Min Read
Imikino

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

3 Min Read
Imikino

Umubiligi Mathjis De Clercq yegukanye agace ka Kane ka Tour du Rwanda 2026

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?