BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Nov 16, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > U Rwanda ntiruzitabira CECAFA y’abatarengeje imyaka 20

U Rwanda ntiruzitabira CECAFA y’abatarengeje imyaka 20

admin
Last updated: October 11, 2022 3:11 pm
admin
Share
SHARE

Ikipe y’Igihugu y’ingimbi z’abatarengeje imyaka 20 [U20], ntikitabiriye irushanwa rihuza amakipe y’ibihugu ya Afurika y’i Burasirazuba n’iyo Hagati [CECAFA] izabera muri Sudan.

Amavubi U20 ntazitabira Cecafa izabera muri Sudan

Umunyamabanga w’Ishyirahamwe Nyarwanda ry’umupira w’amaguru, Muhire Henry yemereye B&B FM ko batazitabira ayo marushanwa.

Yagize ati “Hari impamvu nyinshi ziri tekinike ziba zigendanye no gutegura amakipe y’Ibihugu muri ibyo byiciro. Nk’uko mubizi rero tumaze igihe gito tubonye umuyobozi mushya wa tekinike, ni muri ubwo buryo rero ataramenya neza abo bana bakina umupira mu byiciro bitandukanye ndetse nabo bazafatanya kuyoborana.”

Yakomeje avuga ko bahisemo kubanza gutegura amakipe kugira ngo bazagende ubutaha bizeye guhatana muri ayo marushanwa. Uyu muyobozi abajijwe aho umuyobozi wa tekinike mushya ageze akora, yasubije ko mu byo amaze gukora birimo gusura ibibuga, kumenya amakipe y’abakuru n’abato.

Umunyamabanga yijeje Abanyarwanda ko nta rindi rushanwa ikipe y’Igihugu mu ngeri zose izongera kuburamo.

U Rwanda runaniwe kwitabira amarushanwa y’abato mu mupira w’amaguru ku nshuro ya Kabiri nyuma y’abatarengeje imyaka 17 iherutse gutangaza ko itazitabira amarushanwa ya CECAFA ari kubera muri Éthiopia.

Iyi CECAFA izabera muri Sudan, biteganyijwe ko izakinwa kuva tariki 22 Ukwakira kugeza tariki 3 Ugushyingo uyu mwaka.

Rukimirana Trésor/UMUSEKE i Huye

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
3 Comments
  • Rugamba says:
    October 12, 2022 at 12:15 am

    Ntagitangaje Kirimo urabaza muhire utazi ibyu mupira uko umwana azamuka aciye mu byiciro byosse Urunva yagusubiza ili?

    Reply
  • Rugamba says:
    October 12, 2022 at 12:15 am

    Ntagitangaje Kirimo urabaza muhire utazi ibyu mupira uko umwana azamuka aciye mu byiciro byosse Urunva yagusubiza ili?

    Reply
  • KANYABUGOYI JEAN.DAMACSENE says:
    October 12, 2022 at 6:16 am

    Nimubanzemwitegure,muzajyitabiremuzi,cyomugiyegukora

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Musanze: Polisi yafunze uwengaga umutobe wiswe ‘Ndakubiwe’, imena litiro 80 zawo

Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyaruguru, ku bufatanye n’abaturage bo mu Murenge…

Ruhango: Umugabo yatawe muri yombi akekwaho ubujura bw’insinga z’amashanyarazi

Polisi ikorera mu Murenge wa Kabagari mu Karere ka Ruhango ku bufatanye…

Leta ya DRC na AFC/M23 bateye intambe ikomeye izabafasha kubera ku mahoro arambye

Abahagarariye ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’ihuriro AFC/M23 riburwanya, bashyize…

AFC/M23 yanenze ibirego bivuga ko ivangura Abaluba

Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ukomoka mu bwoko bw’Abaluba, yanenze bikomeye…

Uwase Colombe wiyamamaje muri Miss Rwanda 2015 yibarutse

Uwase Colombe wiyamamarije ikamba rya Miss Rwanda mu 2015, yamaze kwibaruka imfura…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Rayon Sports ntiyemerewe kwandikisha abakinnyi

2 Min Read
Imikino

Itsinzi ya APR Fc yongeye kuyunga n’abakunzi bayo 

1 Min Read
Imikino

Hamenyekanye uzasifura umukino wa APR FC na Rayon Sports

1 Min Read
Imikino

Hoteli ya FERWAFA yatangiye gukora nyuma y’imyaka irenga 10 yubakwa

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?