BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Feb 18, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > U Rwanda ntiruzitabira CECAFA y’abatarengeje imyaka 20

U Rwanda ntiruzitabira CECAFA y’abatarengeje imyaka 20

admin
Last updated: October 11, 2022 3:11 pm
admin
Share
SHARE

Ikipe y’Igihugu y’ingimbi z’abatarengeje imyaka 20 [U20], ntikitabiriye irushanwa rihuza amakipe y’ibihugu ya Afurika y’i Burasirazuba n’iyo Hagati [CECAFA] izabera muri Sudan.

Amavubi U20 ntazitabira Cecafa izabera muri Sudan

Umunyamabanga w’Ishyirahamwe Nyarwanda ry’umupira w’amaguru, Muhire Henry yemereye B&B FM ko batazitabira ayo marushanwa.

Yagize ati “Hari impamvu nyinshi ziri tekinike ziba zigendanye no gutegura amakipe y’Ibihugu muri ibyo byiciro. Nk’uko mubizi rero tumaze igihe gito tubonye umuyobozi mushya wa tekinike, ni muri ubwo buryo rero ataramenya neza abo bana bakina umupira mu byiciro bitandukanye ndetse nabo bazafatanya kuyoborana.”

Yakomeje avuga ko bahisemo kubanza gutegura amakipe kugira ngo bazagende ubutaha bizeye guhatana muri ayo marushanwa. Uyu muyobozi abajijwe aho umuyobozi wa tekinike mushya ageze akora, yasubije ko mu byo amaze gukora birimo gusura ibibuga, kumenya amakipe y’abakuru n’abato.

Umunyamabanga yijeje Abanyarwanda ko nta rindi rushanwa ikipe y’Igihugu mu ngeri zose izongera kuburamo.

U Rwanda runaniwe kwitabira amarushanwa y’abato mu mupira w’amaguru ku nshuro ya Kabiri nyuma y’abatarengeje imyaka 17 iherutse gutangaza ko itazitabira amarushanwa ya CECAFA ari kubera muri Éthiopia.

Iyi CECAFA izabera muri Sudan, biteganyijwe ko izakinwa kuva tariki 22 Ukwakira kugeza tariki 3 Ugushyingo uyu mwaka.

Rukimirana Trésor/UMUSEKE i Huye

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
3 Comments
  • Rugamba says:
    October 12, 2022 at 12:15 am

    Ntagitangaje Kirimo urabaza muhire utazi ibyu mupira uko umwana azamuka aciye mu byiciro byosse Urunva yagusubiza ili?

    Reply
  • Rugamba says:
    October 12, 2022 at 12:15 am

    Ntagitangaje Kirimo urabaza muhire utazi ibyu mupira uko umwana azamuka aciye mu byiciro byosse Urunva yagusubiza ili?

    Reply
  • KANYABUGOYI JEAN.DAMACSENE says:
    October 12, 2022 at 6:16 am

    Nimubanzemwitegure,muzajyitabiremuzi,cyomugiyegukora

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Imirwano yahinduye isura mu nkengero za Point Zero

Amakuru yizewe aturuka mu misozi miremire y’i Mulenge, mu bice bya Minembwe,…

Wazalendo basubiranyemo babiri bahasiga ubuzima

Intambara mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) zikomeje guhindura…

Imyigaragambyo ku Kibuga cy’Indege cya Nairobi yatumye indege zitinda

Imyigaragambyo y’abakozi ku kibuga cy’indege gikuru cya Kenya, giherereye mu murwa mukuru…

Inyubako y’ubucuruzi mu Mujyi wa Gisenyi yahiye irakongoka n’ibyarimo byose

Inkongi y’umuriro yibasiye inyubako iherereye mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka…

Rugaju Reagan yasabye imbabazi mu genzi we Lorenzo nyuma y’ibyo yamutangajeho

Umunyamakuru Ndayishimiye Reagan uzwi nka Rugaju Reagan yasabye imbabazi ku butumwa yagaragayemo…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

RSSB Tigers BBC yegukanye FERWABA Super Cup 2026 ihigitse APR BBC

2 Min Read
Imikino

APR FC yatsinze Gasogi United yakinaga nk’ikipe y’abato

3 Min Read
Imikino

Etincelles FC yahagaritse abatoza bayo kubera umusaruro muke

1 Min Read
Imikino

Bizimana Djihad yasezeye Al Ahli SC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?