BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Mar 12, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Tujyane mu rusengero rw’abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga i Kigali

Tujyane mu rusengero rw’abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga i Kigali

admin
Last updated: October 3, 2022 4:29 pm
admin
Share
SHARE

Mu Karere ka Kicukiro hari urusengero ruzamo abantu b’amadini yose rugamije gukura mu bwigunge abantu bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga ndetse no kubafasha gusabana n’Imana.

Rumwe mu rubyiruko rwishyize hamwe rushinga insengero z’abatumva ntibavuge mu Rwanda

Bitwa ’Kigali Deaf Fellowship’ bakaba basengera buri cyumweru mu Karere ka Kicukiro, mu nzu y’Umuryango Nyarwanda ubafasha guhindura Bibiliya mu rurimi rw’Amarenga (RSLBTS).

Iyo ugeze muri urwo rusengero nta rusaku rw’amajwi y’abantu benshi wumva ndetse nta n’amajwi y’ibicurangisho bya muzika.

Iyo bageze mu mwanya wo gusenga bo ntabwo bahumiriza, ahubwo barakanura bakareba amarenga y’uwo bahaye kubasengera, kugira ngo bamenye icyo arimo kuvuga.

Mu gihe cyo kumva Ijambo ry’Imana, bamurika ku rukuta bakoresheje ’projecteur’ inyandiko zigaragaza ibyanditswe muri Bibiliya, hamwe n’ibishushanyo bijyanye na byo, uwigisha akaba ari byo asobanura.

Bavuga ko bahimbaza Imana babyishimiye cyane kandi na bo ubwabo ngo baba bumva banezerewe, n’ubwo nta gicurangisho baba bifashisha.

Uwitwa Umutesi Solange, yabwiye Kigali Today ducyesha iyi nkuru ko baba bumva indirimbo n’uburyohe bwazo mu mitima yabo.

Ati “Twe dukoresha amarenga, habamo uburyohe bw’indirimbo, habamo kwitonda no kwihuta kwazo, abadafite ubumuga uko baryoherwa ntabwo twabimenya, natwe uko turyoherwa ntibabimenya.”

Mugenzi we witwa Rukundo avuga ko mbere y’uko bihuriza muri Kigali Deaf Fellowship yajyaga guteranira mu Itorero rya ADEPR ariko agataha uko yagiye.

Ati “Najyaga mu rusengero rusanzwe rwa ADEPR nkajyana n’ababyeyi, ariko ngataha uko naje ntacyo numvise, ndetse narabatijwe ariko ntacyo nize.”

Umuyobozi wa Kigali Deaf Fellowship, Joyce Nyiramana, avuga ko yashinze uwo muryango, nyuma yo kubona benshi muri bagenzi be bakeneye imisengere yihariye, ku bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga.

Asobanura ko kwitabira amateraniro yabo nta kiguzi bisaba ndetse bataka n’amaturo abayoboke babo.

Muri bo hari abashobora gusoma inyandiko zisanzwe zaba izo mu Cyongereza cyangwa mu Kinyarwanda, bakaba ari na bo bifashishwa mu gusemura Bibiliya bayishyira mu marenga.

Uyu muryango washinzwe n’urubyiruko rw’abahungu n’abakobwa bishyize hamwe bashinga insengero z’abatumva ntibavuge, hamwe na hamwe mu gihugu, bakaba babarizwa mu madini n’amatorero atandukanye.

Umwanya wo kuramya no guhimbaza Imana baba buzuye umunezero
Nyiramana Joyce umuyobozi wa Rwanda Deaf Fellowship
Baba batuje bakurikiye ijambo ry’Imana

IVOMO: Kigali Today

NDEKEZI JOHNSON  / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • Anonymous says:
    October 3, 2022 at 5:00 pm

    oooh Imana ibahe umugisha ababitekereje

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?