BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Feb 18, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Tujyane mu rusengero rw’abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga i Kigali

Tujyane mu rusengero rw’abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga i Kigali

admin
Last updated: October 3, 2022 4:29 pm
admin
Share
SHARE

Mu Karere ka Kicukiro hari urusengero ruzamo abantu b’amadini yose rugamije gukura mu bwigunge abantu bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga ndetse no kubafasha gusabana n’Imana.

Rumwe mu rubyiruko rwishyize hamwe rushinga insengero z’abatumva ntibavuge mu Rwanda

Bitwa ’Kigali Deaf Fellowship’ bakaba basengera buri cyumweru mu Karere ka Kicukiro, mu nzu y’Umuryango Nyarwanda ubafasha guhindura Bibiliya mu rurimi rw’Amarenga (RSLBTS).

Iyo ugeze muri urwo rusengero nta rusaku rw’amajwi y’abantu benshi wumva ndetse nta n’amajwi y’ibicurangisho bya muzika.

Iyo bageze mu mwanya wo gusenga bo ntabwo bahumiriza, ahubwo barakanura bakareba amarenga y’uwo bahaye kubasengera, kugira ngo bamenye icyo arimo kuvuga.

Mu gihe cyo kumva Ijambo ry’Imana, bamurika ku rukuta bakoresheje ’projecteur’ inyandiko zigaragaza ibyanditswe muri Bibiliya, hamwe n’ibishushanyo bijyanye na byo, uwigisha akaba ari byo asobanura.

Bavuga ko bahimbaza Imana babyishimiye cyane kandi na bo ubwabo ngo baba bumva banezerewe, n’ubwo nta gicurangisho baba bifashisha.

Uwitwa Umutesi Solange, yabwiye Kigali Today ducyesha iyi nkuru ko baba bumva indirimbo n’uburyohe bwazo mu mitima yabo.

Ati “Twe dukoresha amarenga, habamo uburyohe bw’indirimbo, habamo kwitonda no kwihuta kwazo, abadafite ubumuga uko baryoherwa ntabwo twabimenya, natwe uko turyoherwa ntibabimenya.”

Mugenzi we witwa Rukundo avuga ko mbere y’uko bihuriza muri Kigali Deaf Fellowship yajyaga guteranira mu Itorero rya ADEPR ariko agataha uko yagiye.

Ati “Najyaga mu rusengero rusanzwe rwa ADEPR nkajyana n’ababyeyi, ariko ngataha uko naje ntacyo numvise, ndetse narabatijwe ariko ntacyo nize.”

Umuyobozi wa Kigali Deaf Fellowship, Joyce Nyiramana, avuga ko yashinze uwo muryango, nyuma yo kubona benshi muri bagenzi be bakeneye imisengere yihariye, ku bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga.

Asobanura ko kwitabira amateraniro yabo nta kiguzi bisaba ndetse bataka n’amaturo abayoboke babo.

Muri bo hari abashobora gusoma inyandiko zisanzwe zaba izo mu Cyongereza cyangwa mu Kinyarwanda, bakaba ari na bo bifashishwa mu gusemura Bibiliya bayishyira mu marenga.

Uyu muryango washinzwe n’urubyiruko rw’abahungu n’abakobwa bishyize hamwe bashinga insengero z’abatumva ntibavuge, hamwe na hamwe mu gihugu, bakaba babarizwa mu madini n’amatorero atandukanye.

Umwanya wo kuramya no guhimbaza Imana baba buzuye umunezero
Nyiramana Joyce umuyobozi wa Rwanda Deaf Fellowship
Baba batuje bakurikiye ijambo ry’Imana

IVOMO: Kigali Today

NDEKEZI JOHNSON  / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • Anonymous says:
    October 3, 2022 at 5:00 pm

    oooh Imana ibahe umugisha ababitekereje

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Imirwano yahinduye isura mu nkengero za Point Zero

Amakuru yizewe aturuka mu misozi miremire y’i Mulenge, mu bice bya Minembwe,…

Wazalendo basubiranyemo babiri bahasiga ubuzima

Intambara mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) zikomeje guhindura…

Imyigaragambyo ku Kibuga cy’Indege cya Nairobi yatumye indege zitinda

Imyigaragambyo y’abakozi ku kibuga cy’indege gikuru cya Kenya, giherereye mu murwa mukuru…

Inyubako y’ubucuruzi mu Mujyi wa Gisenyi yahiye irakongoka n’ibyarimo byose

Inkongi y’umuriro yibasiye inyubako iherereye mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka…

Rugaju Reagan yasabye imbabazi mu genzi we Lorenzo nyuma y’ibyo yamutangajeho

Umunyamakuru Ndayishimiye Reagan uzwi nka Rugaju Reagan yasabye imbabazi ku butumwa yagaragayemo…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
Politike

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

2 Min Read
Politike

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiye mu muhango witabiriwe na Perezida Kagame

4 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?