BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Mar 12, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Tshisekedi yeretswe umusaruro ingabo za EAC zimaze kugeraho

Tshisekedi yeretswe umusaruro ingabo za EAC zimaze kugeraho

admin
Last updated: December 30, 2022 3:07 pm
admin
Share
SHARE

 Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Antoine Tshisekedi yakiriye umugaba mukuru w’ingabo z’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), Gen Jeffy Nyagah wamugaragarije umusaruro w’ibikorwa by’izi ngabo muri iki gihugu.

Felix Antoine Tshisekedi yijeje izi ngabo ubufatanye

Nk’uko tubikesha ibiro by’umukuru w’igihugu cya Congo, yari aherekejwe n’abandi bayobozi bamufasha kuyobora izi ngabo bahagarariye ibihugu bigize EAC harimo n’umusirikare uhagarariye u Rwanda.

Gen Jeffy Nyagah akaba yagaragarije Tshisekedi ibyo bamaze kugeraho kuva bagera muri iki gihugu, ndetse anagaragaza intambwe bagezeho basohoza inshingano bahawe zo kugarura amahoro n’ituze mu Burasirazuba bwa Congo, bahangana n’ikibazo cy’imitwe yitwaje intwaro ihakorera ku bufatanye n’ingabo za leta FARDC.

Yagize ati “Kwari ugusobanurira umukuru w’igihugu uko kugeza ubu ibintu bimeze, ibyo tumaze kugeraho kuva twahagera ndetse tunamugaragariza intambwe nshashya y’ibikorwa dufatanyije na FARDC n’ingabo zindi z’akarere.”

Gen Jeffy Nyagah akaba yafashe akanya ko gushimira Perezida Felix Antoine Tshisekedi ku bufasha akomeje guha izi ngabo, mu rwego rwo guha umutekano abaturage.

Umugaba mukuru wungirije w’ibikorwa by’ingabo za FARDC na Kenya muri Congo, Maj Gen Jerome Shiko Tambwe  ,nawe yari yitabiriye ibi biganiro.

Perezida Felix Antoine Tshisekedi yashimiye ubumwe buranga izi ngabo z’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, ndetse azizeza ubufatanye bwa leta ya Kinshasa.

Kuri uyu wa Kane kandi Perezida Felix Antoine Tshisekedi yagiranye ibiganiro n’umuhuza mu gushaka amahoro mu Burasirazuba bwa Congo, akaba Perezida wa Angola, Joao Lourenco, aho aba bombi baganiriye uko umutekano uhagaze n’imbaraga ziri gushyirwa mu iyubahirizwa ry’amasezerano ya Luanda na Nairobi.

Ibi biganiro byose bije nyuma y’iminsi micye umutwe wa M23 wongeye kubura  imirwano  n’ingabo za FARDC kandi wari  wemeye kurekura bimwe mu bice wafashe bya Kibumba ukabishyira mu maboko y’ingabo za EAC ziri muri Congo.

Gusa nubwo M23 yarekuye Kibumba igasubira inyuma, ivuga ko ikomeza kugabwaho ibitero n’indege za leta, ndetse zidatinya kurasa ku baturage bayihungiyeho.

Izi ndege kandi z’intambara za Congo imwe muri zo iherutse kongere kuvogera ikirere cy’u Rwanda ku nshuro ya kabiri mu Karere ka Rubavu.

Felix Tshisekedi yakiriye umugaba mukuru w’ingabo za EAC muri Congo
Gen Jeffy Nyagah uyoboye ingabo za EAC yavuze ko barimo bamugaragarize ibyo bamaze kugeraho

NKURUNNZIZA Jean Baptiste/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

General Alain-Guillaume Bunyoni wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Burundi kuva muri Kamena 2020…

UNICEF yatangaje akababaro irimo kubera umukozi wayo wiciye i Goma

Ishami rya ONU ryita ku bana ryatangaje ko “ribabajwe kandi rishenguwe n’urupfu…

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

Perezida Paul Kagame ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri yagiranye ibiganiro…

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 10 Werurwe 2026, Urwego rw'Ubugenzacyaha (RIB)…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Impunzi z’Abarundi zigera ku 100,000 ziri kwirukanwa mu gihugu cya Tanzania

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Mu mahanga

AFC/M23 yohereje aba-comando bayo hafi ya Kisangani

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?