BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Mar 5, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Tennis: Hasojwe gahunda yo gushaka impano z’abato

Tennis: Hasojwe gahunda yo gushaka impano z’abato

admin
Last updated: November 13, 2022 4:20 pm
admin
Share
SHARE

Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umukino wa Tennis, ryatangaje ko hasojwe gahunda yo guhuza abana yari imaze iminsi ibiri hagamijwe gushaka abafite impano yo gukina uyu mukino kugira ngo bategurwe neza.

Hasojwe gahunda yari imaze iminsi ibiri yo kureba abana bafite yo gukina Tennis

Ni igikorwa cyabaye kuri iki Cyumweru muri IPRC-Kigali, ahasanzwe hakinirwa umukino wa Tennis.

Iki gikorwa kitabiriwe n’abayobozi batandukanye barimo Visi Perezida wa Kabiri wa Komite Olempike y’u Rwanda, Umutoni Salama, Perezida w’Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umukino wa Tennis, Karenzi Théneste n’abandi.

Ni gahunda yatangijwe ku wa Gatanu yagombaga kumara iminsi, abana bakina Tennis batozwa ndetse hanashakwa abafite impano yo gukina uyu mukino kugira ngo bakurikiranwe bategurirwe kuzitabira amarushanwa y’abato arimo African Youth Games izabera i Maseru ya Youth Olympic Games izabera i Dakar mu 2026.

Ribicishije ku mbuga nkoranyambaga za bo, Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umukino wa Tennis, ryatangaje ko kuri iki Cyumweru iyi gahunda ari bwo yasojwe.

Bati “Kuri iki Cyumweru, hasojwe igikorwa cy’iminsi ibiri, cyateguwe ku bufatanye na Komite Olempike y’u Rwanda n’Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umukino wa Tennis, cyo gushaka abakiri bato abafite impano bazaserukira Igihugu mu mikino ya African Youth Games izabera i Maseru n’iya Youth Olympic Games izabera i Dakar mu 2026.”

Iyi gahunda izagumaho kugira ngo abakiri bato bakomeze bategurwe hakiri kare, ndetse bitabweho bihagije hagamijwe guteza imbere umukino wa Tennis mu Rwanda biciye mu bakiri bato.

Visi Perezida wa Kabiri wa Komite Olempike y’u Rwanda [wa Gatatu ibumoso], Umutoni Salama yari yaje gusoza iyi gahunda
Abato batangite gutegurirwa amarushanwa ari mu 2026
Buri mwana yerekwaga uko bakina
Bari abakobwa n’abahungu
Umutoza Ndejuru Aimable yagerageje gufasha aba bana mu minsi ibiri bamaranye

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Abatishimiye urwego rwa Mituweli bashyizwemo bahumurijwe

Urwego rw’Igihugu rw’Ubwiteganyirize (RSSB) rurahumuriza abavuga ko bisanze mu rwego rwo kwishyura…

Abagororwa 1874 bemerewe gufungurwa by’agateganyo.  

Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatatu tariki 04 Werurwe 2026, iyobowe…

Kigali: Umugabo ucuruza urumogi yafatanywe udupfunyika 1000 twarwo

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU), rikorera mu Mujyi wa Kigali,…

Ishyingurwa rya Khamenei ryasubitswe

Amakuru atangazwa n’itangazamakuru rya leta muri Iran aravuga ko umuhango wo gushyingura…

Abanyarwanda bari mu bihugu byugarijwe n’ibitero bya Iran baburiwe

Ambasade y’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) yatangaje ko Abanyarwanda…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

2 Min Read
Imikino

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

3 Min Read
Imikino

Umubiligi Mathjis De Clercq yegukanye agace ka Kane ka Tour du Rwanda 2026

2 Min Read
Imikino

Itamar Einhorn ni we wegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2026

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?