BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Feb 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Tennis: Hasojwe gahunda yo gushaka impano z’abato

Tennis: Hasojwe gahunda yo gushaka impano z’abato

admin
Last updated: November 13, 2022 4:20 pm
admin
Share
SHARE

Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umukino wa Tennis, ryatangaje ko hasojwe gahunda yo guhuza abana yari imaze iminsi ibiri hagamijwe gushaka abafite impano yo gukina uyu mukino kugira ngo bategurwe neza.

Hasojwe gahunda yari imaze iminsi ibiri yo kureba abana bafite yo gukina Tennis

Ni igikorwa cyabaye kuri iki Cyumweru muri IPRC-Kigali, ahasanzwe hakinirwa umukino wa Tennis.

Iki gikorwa kitabiriwe n’abayobozi batandukanye barimo Visi Perezida wa Kabiri wa Komite Olempike y’u Rwanda, Umutoni Salama, Perezida w’Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umukino wa Tennis, Karenzi Théneste n’abandi.

Ni gahunda yatangijwe ku wa Gatanu yagombaga kumara iminsi, abana bakina Tennis batozwa ndetse hanashakwa abafite impano yo gukina uyu mukino kugira ngo bakurikiranwe bategurirwe kuzitabira amarushanwa y’abato arimo African Youth Games izabera i Maseru ya Youth Olympic Games izabera i Dakar mu 2026.

Ribicishije ku mbuga nkoranyambaga za bo, Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umukino wa Tennis, ryatangaje ko kuri iki Cyumweru iyi gahunda ari bwo yasojwe.

Bati “Kuri iki Cyumweru, hasojwe igikorwa cy’iminsi ibiri, cyateguwe ku bufatanye na Komite Olempike y’u Rwanda n’Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umukino wa Tennis, cyo gushaka abakiri bato abafite impano bazaserukira Igihugu mu mikino ya African Youth Games izabera i Maseru n’iya Youth Olympic Games izabera i Dakar mu 2026.”

Iyi gahunda izagumaho kugira ngo abakiri bato bakomeze bategurwe hakiri kare, ndetse bitabweho bihagije hagamijwe guteza imbere umukino wa Tennis mu Rwanda biciye mu bakiri bato.

Visi Perezida wa Kabiri wa Komite Olempike y’u Rwanda [wa Gatatu ibumoso], Umutoni Salama yari yaje gusoza iyi gahunda
Abato batangite gutegurirwa amarushanwa ari mu 2026
Buri mwana yerekwaga uko bakina
Bari abakobwa n’abahungu
Umutoza Ndejuru Aimable yagerageje gufasha aba bana mu minsi ibiri bamaranye

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Nta Gihugu gishobora kwemeza ko cyageze ku iterambere rirambye mu gihe abagore bagipfa batanga ubuzima-PM Dr.Nsengiyumva

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva witabiriye ibikorwa by’Inama y’Abakuru b’Ibihugu…

Amateka y’umunsi w’abakundana wa ‘Saint Valentin’

Ubusanzwe umunsi wa Saint Valentin wizihizwa tariki 14 Gashyantare ku Isi hose…

Ethiopia: Abanyamakuru batatu bahagaritswe kubera gushinja Leta gufasha inyeshyamba zo muri Sudani

Leta ya Ethiopia yambuye abanyamakuru batatu bakorera Ibiro Ntaramakuru, Reuters, uruhushya rwo…

Umuryango w’Abibumbye urashinja RSF kwica abasivili barenga 6000 mu minsi itatu

Raporo yashyizwe ahagaragara n'Umuryango w'Abibumbye (UN), ivuga ko umutwe urwanya ubutegetsi bwa…

Gen. Muhoozi agiye kugenderera u Rwanda

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko ateganta kuzasura…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

RSSB Tigers BBC yegukanye FERWABA Super Cup 2026 ihigitse APR BBC

2 Min Read
Imikino

APR FC yatsinze Gasogi United yakinaga nk’ikipe y’abato

3 Min Read
Imikino

Etincelles FC yahagaritse abatoza bayo kubera umusaruro muke

1 Min Read
Imikino

Bizimana Djihad yasezeye Al Ahli SC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?