BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Nov 6, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Suède: Element agiye guhurira mu gitaramo na Kizz Daniel

Suède: Element agiye guhurira mu gitaramo na Kizz Daniel

admin
Last updated: November 5, 2025 4:07 pm
admin
Share
SHARE

Element uri mu bahanzi bagezweho mu muziki w’u Rwanda, agiye guhurira na Kizz Daniel mu gitaramo kizabera muri Suède ku wa 8 Ugushyingo 2025.

Ni igitaramo kizabimburira uruhererekane rw’ibyo uyu muhanzi agiye gukorera mu bihugu binyuranye by’i Burayi nk’uko amakuru ava imbere mu bo bakorana abihamya.

Amakuru ahari ahamya ko Element byibuza afite ibitaramo bigera ku munani ateganya gukorera i Burayi harimo n’iki azaba akorana na Kizz Daniel.

Ku rundi ruhande uyu muhanzi uri kubarizwa muri Uganda aherutse kugaragara mu gitaramo cya Ray G cyabereye mu Mujyi wa Mbarara aho yataramiye abarenga ibihumbi 30 bacyitabiriye.

Element usanzwe ari umuhanga mu bijyanye no gutunganya indirimbo ni umwe mu bahanzi bagezweho muri iyi minsi by’umwihariko mu ndirimbo nka Kashe, Fou de toi, Milele,Tombe na Maaso aherutse gusohora.

Muri Kanama 2025, Kizz Daniel yataramiye i Kigali muri “Giants of Africa” ahava yijeje abakunzi be ko azahita yongera kuhategura ikindi gitaramo.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

Umushinjacyaha wo ku rwego rw’Igihugu mu Burundi, amaze iminsi ahungiye muri Tanzania,…

Umusizi Saranda ari mu gahinda ko gupfusha mama we

Umusizi akaba n’umukinnyi wa Filime nyarwanda Umutoni Saranda ari mu gahinda ko…

Gisozi :Mu ishyamba habonetse umurambo w’uwo bikekwa ko yishwe 

Mu ishyamba riherereye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu…

Hamenyekanye uzasifura umukino wa APR FC na Rayon Sports

Umusifuzi uri mu bakiri bato  Kayitare David, ni we wahawe gusifura umukino…

Suède: Element agiye guhurira mu gitaramo na Kizz Daniel

Element uri mu bahanzi bagezweho mu muziki w’u Rwanda, agiye guhurira na…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imyidagaduro

Diddy yafatiweho icyuma muri gereza hafi yo kwicwa

1 Min Read
Imyidagaduro

Umuramyi Josh yatomagije umugore we amwifuriza isabukuru nziza 

1 Min Read
Imyidagaduro

Polisi y’u Rwanda yemeje ifungwa ry’abahanzi Ariel Wayz na Babo

1 Min Read
Imyidagaduro

Inkuru y’akababaro: Urupfu rw’umuramyi Gogo rwashenguye abatari bake

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?