BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jan 15, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Suède: Element agiye guhurira mu gitaramo na Kizz Daniel

Suède: Element agiye guhurira mu gitaramo na Kizz Daniel

admin
Last updated: November 5, 2025 4:07 pm
admin
Share
SHARE

Element uri mu bahanzi bagezweho mu muziki w’u Rwanda, agiye guhurira na Kizz Daniel mu gitaramo kizabera muri Suède ku wa 8 Ugushyingo 2025.

Ni igitaramo kizabimburira uruhererekane rw’ibyo uyu muhanzi agiye gukorera mu bihugu binyuranye by’i Burayi nk’uko amakuru ava imbere mu bo bakorana abihamya.

Amakuru ahari ahamya ko Element byibuza afite ibitaramo bigera ku munani ateganya gukorera i Burayi harimo n’iki azaba akorana na Kizz Daniel.

Ku rundi ruhande uyu muhanzi uri kubarizwa muri Uganda aherutse kugaragara mu gitaramo cya Ray G cyabereye mu Mujyi wa Mbarara aho yataramiye abarenga ibihumbi 30 bacyitabiriye.

Element usanzwe ari umuhanga mu bijyanye no gutunganya indirimbo ni umwe mu bahanzi bagezweho muri iyi minsi by’umwihariko mu ndirimbo nka Kashe, Fou de toi, Milele,Tombe na Maaso aherutse gusohora.

Muri Kanama 2025, Kizz Daniel yataramiye i Kigali muri “Giants of Africa” ahava yijeje abakunzi be ko azahita yongera kuhategura ikindi gitaramo.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Umwaka wa 2025 waciye agahigo mu bushyuhe bukabije

Abashakashatsi ku mihindagurikire y’ibihe bemeje ko umwaka wa 2025 waciye agahigo ko…

Perezida Kagame yakiriye impapuro za Ambasaderi mushya wa Qatar n’uw’u Buyapani

Perezida Kagame yakiriye impapuro zemerera ba ambasaderi babiri bashya guhagararira ibihugu byabo…

U Rwanda rwoherereje Jamaica abasirikare bo kuyifasha gusana ibyangijwe n’ibiza 

Rwanda rwohereje muri Jamaica itsinda ry’abasirikare bazafasha iki gihugu gusana ibikorwaremezo byangijwe…

Uganda: Imyiteguro y’amatora irarimbanyije, umutekano wakajijwe mu mijyi yose

Iminsi irabarirwa ku ntoki muri Uganda mbere y’amatora rusange yo ku itariki…

Perezida Tshisekedi yasuye Gnassingbé

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi, yagiriye uruzinduko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imyidagaduro

IShowSpeed yageze mu Rwanda mu ibanga rikomeye

2 Min Read
Imyidagaduro

Dr Claude yabitswe ari muzima

1 Min Read
Imyidagaduro

Umunyamakuru wa Radio/TV 10 Taikun Ndahiro yafunguwe

2 Min Read
Imyidagaduro

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?