BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 8, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Sudan: Abantu 150 baguye mu makimbirane y’amoko

Sudan: Abantu 150 baguye mu makimbirane y’amoko

admin
Last updated: October 21, 2022 5:00 pm
admin
Share
SHARE

Sudani abantu barenge 150 nibo bamaze kumenyekana ko baburiye ubuzima mu makimbirane akomeje gufata indi ntera hagati y’ubwoko bubiri cyane cyane hibasirwa aba Hausa.

Abo mu bwoko bw’aba Hausa nibo bibasiwe cyane kuko bari gutwikirwa abandi bakicwa

Ni amakimbirane yafashe indi ntera mu minsi mike ishize, aho kugeza ubu benshi bakomeje kuva mu byabo bahunga abandi bicwa mu gace ka Blue Nile kubera amakimbirane ashingiye ku butaka.

Nk’uko tubikesha Aljazeera, kubera gushyamirana abarimo cyane abagore n’abana bapfuye barashwe ndetse abandi bahitanwa n’inkongi y’umuriro kubera amazu ame namwe yatwitswe.

Aya makimbirane ari kubera mu gace ka Wad al-Mahi hafi na Roseires mu birometero Magana 500km mu majyepfo y’umurwa mukuru wa Sudani, Kartoum.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani, kuri uyu wa Kane batangaje ko uku gushyamirana gukomeje gufata indi ntera kandi ko ntagikozwe mu maguru mashya na leta ibintu birushaho kuba bibi, ibi kandi bigomba kujya n’umuhate w’ubuyobozi wo gukora bashyize imbere inyungu z’abaturage cyane cyane mu byaro babashakira umutekano n’ituze.

Abantu amagana bakomeje kandi kwigaragambya mu gace ka Damazin bamagana ubuyobozi n’uru rugomo.

Aya makimbirane yadutse mu Cyumweru gishije aho ubwoko bubiri burimo aba Hausa bakimbiranaga bapfa ubutaka mu gace ka Blue Nile, icyo gihe nabwo abaturage barenga icumi bahatakarije ubuzima.

Muri Nyakanga uyu mwaka, abantu bo mu bwoko bw’aba Hausa barapfuye abandi ibihumbi bata ingo zabo nyuma y’imyigaragambyo barimo bakora banenga uko bafatwa.

 

NKURUNZIZA Jean Baptiste/ UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Uganda igiye gukomorera Facebook nyuma y’imyaka 5 ifunzwe 

2 Min Read
Mu mahanga

Gisagara: Abantu batatu bafunzwe bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi

1 Min Read
Mu mahanga

Muyaya yise intambara yo mu Burasirazuba bwa RDC akantu gato ku gihugu

1 Min Read
Mu mahanga

Ethiopia: Ikirunga cyarutse nyuma y’imyaka ibihumbi 12 gisinziriye 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?