BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Jul 9, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu Rwanda > Rwamagana: Abantu 12 bakomerekeye mu mpanuka, umwe iramuhitana

Rwamagana: Abantu 12 bakomerekeye mu mpanuka, umwe iramuhitana

sam
Last updated: July 7, 2025 6:46 am
sam
Share
SHARE

Polisi y’u Rwanda iratangaza ko impanuka y’imodoka yo mu bwoko bwa Scania yari yabuze feri yagonze izindi modoka zirimo Coaster itwara abagenzi, bituma hakomereka abantu 12 mu gihe undi umwe yitabye Imana.

Iyi mpanuka yabaye kuri iki Cyumweru tariki ya 6 Nyakanga 2025 ibera mu Karere ka Rwamagana ahazwi nko mu Kabuga ka Musha mu rugabano rw’imirenge ya Musha na Gahengeri.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, SP Emmanuel Kayigi, yavuze ko impanuka yatewe no kutaringaniza umuvuduko k’umushoferi wari utwaye imodoka nini yo mu bwoko bwa Scania.

Yagize ati “Ahagana saa yine ni bwo imodoka nini yagexe mu makorosi yo mu Kabuga ka Musha, umushoferi ananirwa kuringaniza neza umuvuduko, yahise agonga imodoka eshatu zirimo ivatiri n’indi modoka ndetse anagonga coaster yari irimo abagenzi, yayigonze ayiturutse inyuma bituma ita umuhanda iragenda igonga ibiti.’’

Yakomeje agira ati “ Abantu 12 bahise bakomereka barimo umwe wakomeretse mu buryo bukomeye, undi umwe rero yahise yitaba Imana. Icyateye impanuka twavuga ko ari ukunanirwa kuringaniza umuvuduko k’umushoferi, hariya hantu ni ahantu hamanuka cyane.’’

SP Kayigi yasabye abatwara imodoka bose kwirinda gukorera ku jisho no gucunga ahari Abapolisi cyangwa camera, ubundi bakiruka cyane, yavuze ko gukumira impanuka bireba buri wese cyane cyane umuntu uwo ariwe wese ukoresha ikinyabiziga.

Ati “Abashoferi nibareke gucunganwa n’abapolisi cyangwa se camera, buri wese natware imodoka yumva ko gukumira impanuka ari inshingano ze, iyo utwariye ku muvuduko wo hejuru ushobora guteza impanuka buri wese nabigire ibye kuko kuko impanuka ishobora kubaho igihe icyo aricyo cyose.’’

Kuri ubu abakomeretse bahise bajyanwa kuvurirwa ku bitaro bya Rwamagana aho abakomeretse byoroheje bavuwe bagahita bataha, mu gihe abanda bakitabwaho n’abaganga.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urubanza rwa Constant Mutamba rwasubitswe rwimurirwa ku yindi tariki

Urubanza rwa Constant Mutamba wahoze ari Minisitiri w’Ubutabera muri Repubulika iharanira Demokarasi…

Gasabo: Polisi yafatiye mu cyuho abantu batatu batekaga kanyanga

Polisi ifatanije n’izindi nzego z’umutekano zo mu Murenge wa Gikomero mu Karere…

Nicki Minaj yasabye Jay-Z kumwishyura arenga miliyoni 100

Umuraperikazi Nicki Minaj, arashinja Jay-Z guseta ibirenge mu kumwishyura umwenda uri hagati…

Umuhanzikazi Clarisse Karasira yibarutse ubuheta

Umuhanzi Clarisse Karasira n’umugabo we Ifashabayo Dejoie, bari mu byishimo byo kwibaruka…

Abanyeshuri basaga 255 batangiye gukora Ibizamini bya leta bisoza umwaka wa 2024/2025

Kuri uyu wa 9 Nyakanga2025 abanyeshuri basaga ibihumbi 255 barimo 149,134 biga…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu Rwanda

Perezida Kagame yashimye umuhate wa Trump ku kibzo cya RDC ugereranije n’abandi

3 Min Read
Mu Rwanda

RDF yakoze impinduka ku birango by’impuzankano zayo

1 Min Read
Mu Rwanda

Dr Gasore yasobanuye impamvu y’izamuka ry’ibikomoka kuri petoroli

2 Min Read
Mu Rwanda

Gasabo: Polisi yafashe abakekwaho kwiba amatungo babanje kuyaha imiti ayica

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?