BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jul 31, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Rutsiro: Umurambo w’umusore bikekwa ko yishwe watoraguwe mu muferege

Rutsiro: Umurambo w’umusore bikekwa ko yishwe watoraguwe mu muferege

admin
Last updated: August 16, 2022 4:17 pm
admin
Share
SHARE

Munyentwari Anastase w’imyaka 39 yasanzwe mu nzira yapfuye bikekwa ko yishwe n’abagizi ba nabi. Harakekwa abagize umuryango we  nk’uko ubuyobozi bwabibwiye UMUSEKE.

Amakuru y’urwo rupfu yamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki ya 16 Kanama 2022, ubwo umugabo witwa Maniriho Mustapha, w’imyaka 41, yanyuze ku muhanda uri mu Mudugudu wa Gasereganya mu Kagari  ka Nkora mu Murenge wa Kigeyo, agiye ku biro by’Akagari abona umurambo wa nyakwigendera mu muferege w’umuhanda maze nawe yihutira kubimenyesha ubuyobozi.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kigeyo, Nikuze Aime, yabwiye UMUSEKE ko kugeza ubu hataramenyekana intandaro y’urwo rupfu ariko hakekwa amakimbirane ashingiye ku butaka.

Uyu muyobozi yongeyeho ko kugeza ubu hamaze gutabwa muri yombi abantu bane bafitanye isano na nyakwigendera bakekwaho uruhare muri urwo rupfu.

Yagize ati “Twagerageje gukurikirana, tumenya abakekwa bari bafitanye nawe amakimbirane barimo se wabo n’abahungu be batatu, bajyanywe ku Rwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, umurambo nawo wajyanywe gukorerwa isuzuma ku Bitaro bya Murunda.”

Avuga ku mpamvu abagize umuryango we batawe muri yombi  yagize ati “Amakimbirane bari bafitanye yari ashingiye ku butaka nyuma gato uwo musaza aza gukorerwa urugomo aza kuvuga ko ari uwo muhungu witabye Imana wamukoreye urugomo, ajyanwa kuri RIB birakurikiranywa ariko aza kurekurwa kuko yasanze bitamuhama.”

Uyu muyobozi yagiriye inama abaturage kwicungira umutekano no gutangira amakuru ku gihe.

Yakomeje agira ati “Abaturage bagomba gukomeza kwirindira umutekano, buri wese akaba ijisho rya mugenzi we, bagatangira amakuru ku gihe kandi bakitabira irondo mu buryo bukwiriye kugira ngo ibibazo nk’ibyo biba n’ibindi bishobora kuvuka bajye babitangira amakuru kugira ngo babikurikirane, abakekwa bashyikirizwe inzego zibishinzwe.”

TUYISHIMIRE RAYMOND / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Huye mu mirenge ya Gishanvu…

Santarafurika: Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zashimiwe ubwitange bwabo

Perezida wa Repubulika ya Santarafurika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, Prof.…

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Uhagarariye Uganda i Kinshasa yahamagajwe gusobanura iby’ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

1 Min Read
Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Politike

Intumwa za AFC/M23 na Leta ya RDC basubiye KU meza y’ibiganiro i Doha muri Qatar 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?