BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Jul 18, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Rutsiro: Umurambo w’umusore bikekwa ko yishwe watoraguwe mu muferege

Rutsiro: Umurambo w’umusore bikekwa ko yishwe watoraguwe mu muferege

admin
Last updated: August 16, 2022 4:17 pm
admin
Share
SHARE

Munyentwari Anastase w’imyaka 39 yasanzwe mu nzira yapfuye bikekwa ko yishwe n’abagizi ba nabi. Harakekwa abagize umuryango we  nk’uko ubuyobozi bwabibwiye UMUSEKE.

Amakuru y’urwo rupfu yamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki ya 16 Kanama 2022, ubwo umugabo witwa Maniriho Mustapha, w’imyaka 41, yanyuze ku muhanda uri mu Mudugudu wa Gasereganya mu Kagari  ka Nkora mu Murenge wa Kigeyo, agiye ku biro by’Akagari abona umurambo wa nyakwigendera mu muferege w’umuhanda maze nawe yihutira kubimenyesha ubuyobozi.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kigeyo, Nikuze Aime, yabwiye UMUSEKE ko kugeza ubu hataramenyekana intandaro y’urwo rupfu ariko hakekwa amakimbirane ashingiye ku butaka.

Uyu muyobozi yongeyeho ko kugeza ubu hamaze gutabwa muri yombi abantu bane bafitanye isano na nyakwigendera bakekwaho uruhare muri urwo rupfu.

Yagize ati “Twagerageje gukurikirana, tumenya abakekwa bari bafitanye nawe amakimbirane barimo se wabo n’abahungu be batatu, bajyanywe ku Rwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, umurambo nawo wajyanywe gukorerwa isuzuma ku Bitaro bya Murunda.”

Avuga ku mpamvu abagize umuryango we batawe muri yombi  yagize ati “Amakimbirane bari bafitanye yari ashingiye ku butaka nyuma gato uwo musaza aza gukorerwa urugomo aza kuvuga ko ari uwo muhungu witabye Imana wamukoreye urugomo, ajyanwa kuri RIB birakurikiranywa ariko aza kurekurwa kuko yasanze bitamuhama.”

Uyu muyobozi yagiriye inama abaturage kwicungira umutekano no gutangira amakuru ku gihe.

Yakomeje agira ati “Abaturage bagomba gukomeza kwirindira umutekano, buri wese akaba ijisho rya mugenzi we, bagatangira amakuru ku gihe kandi bakitabira irondo mu buryo bukwiriye kugira ngo ibibazo nk’ibyo biba n’ibindi bishobora kuvuka bajye babitangira amakuru kugira ngo babikurikirane, abakekwa bashyikirizwe inzego zibishinzwe.”

TUYISHIMIRE RAYMOND / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Uhagarariye Uganda i Kinshasa yahamagajwe gusobanura iby’ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

Ambasaderi wa Uganda muri Repubulika iharanira demokarasi ya Congo Alhajji Farid M.…

AFC/M23 ihaye gasopo u Burundi na Kinshasa bashaka kwisubiza ibice bambuwe

Ihuriro AFC/M23 rihanganye n’ubutegetsi bwa DRCongo, ryabusabye guhagarika ibitero n’ibikorwa bya gisirikare…

Perezida William Ruto yakiriye intumwa yihariye ya perezida Kagame

Perezida wa Kenya, William Samoei Ruto, yakiriye Intumwa yihariye ya Perezida Paul…

Lamine Yamal yizeje ibitangaza abakunzi ba FC Barcelona

Umunya-Esipanye ukina muri FC Barcelona, Lamine Yamal, yemeje ko agiye kwandika amateka…

Barack Obama n’umugore we bashyize umucyo ku bihuha by’uko batandukanye

Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, n’umugore we…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Politike

Intumwa za AFC/M23 na Leta ya RDC basubiye KU meza y’ibiganiro i Doha muri Qatar 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rufite ikizere cy’uko amasezerano rwasinyanye na DRC azatanga umusaruro

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?