BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Mar 16, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Ubutabera > Rusizi: Umugabo akurikiranyweho gusambanya umwana we akanamutera inda

Rusizi: Umugabo akurikiranyweho gusambanya umwana we akanamutera inda

admin
Last updated: October 9, 2022 11:00 pm
admin
Share
SHARE

Mu Karere ka Rusizi umugabo w’imyaka 41 ukekwaho gusambanya umwana we w’imyaka 17 akanamutera inda yasabiwe gufungwa imyaka 25.

Rusizi ni mu ibara ritukura

Ni mu rubanza rwabaye muri iki cyumweru mu Rukiko Rwisumbuye rwa Rusizi, Ubushinjacyaha bwagaragarije urukiko ko uwo mugabo uregwa gusambanya umwana we yamubyaye akiri umusore, amaze gushaka amuzana iwe.

Buvuga ko yatangiye kumusambanya mu mwaka wa 2019, amuteye inda umugore we aramurega ariko kubera ko umuryango watangiye kumutoteza byatumye ajya kumushinjura n’inda yari yaramuteye iburirwa irengero bikekwa ko yakuwemo.

Uwo mugabo ngo ntiyacitse ku ngeso ye kuko yongeye kumutera inda mu kwezi kwa Kamena 2020 ,ivukamo umwana w’umuhungu mu kwezi kwa Werurwe 2021 byatumye abaturanyi batanga amakuru atangira gukurikiranwa.

Ibimenyetso Ubushinjacyaha bwagaragarije urukiko bigizwe n’ubuhamya bw’abajyanama b’ubuzima bakurikirana ababyeyi na raporo y’abahanga mu gupima ibimenyetso bikoreshwa mu butabera bapimye ADN bakemeza ko uregwa ari se w’umwana wabyawe n’uwahohotewe.

Ubushinjacyaha bushingiye ku ngingo ya 4 y’itegeko y’itegeko No 69/2019 ryo ku wa 08 Ugushyingo 2019 rihindura itegeko No 68/2018 ryo ku wa 30 Kanama 2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange bwamusabiye igifungo cy’imyaka 25.

Urubanza ruzasomwa ku itariki ya 19 Ukwakira 2022 saa munani nk’uko UMUSEKE ubikesha Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment
  • Anonymous says:
    October 16, 2022 at 1:43 am

    bazamukatire burundu kuko arenze kuba inyamaswa

    Reply
  • twagirumukiza says:
    October 16, 2022 at 1:47 am

    uwomugabo ninyamaswa isambanya umwana wayo bazamukatire burundu

    Reply

Leave a Reply to Anonymous Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

Jamaica: RDF ihasize ibikorwa byivugira KU mahanga

Mu gihe cy’amezi abiri ashize u Rwanda rwohereje abasirikare gutanga umusanzu wo…

Amafaranga u Rwanda rukoresha muri Cabo Delgado arenga inshuro 10 atangwa na EU- Yolande Makolo

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko inkunga ya miliyoni…

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Ubutabera

Abagororwa 1874 bemerewe gufungurwa by’agateganyo.  

1 Min Read
Ubutabera

Kigali: Umugabo ucuruza urumogi yafatanywe udupfunyika 1000 twarwo

1 Min Read
Ubutabera

Muhayimana yasabiwe gufungwa imyaka 15

2 Min Read
Ubutabera

Urubanza ruregwamo abarimo Barafinda rwashyizwe mu muhezo

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?