BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Aug 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu Rwanda > Rusizi: Inkuba yishe umugabo, umugore we ararokoka

Rusizi: Inkuba yishe umugabo, umugore we ararokoka

sam
Last updated: August 12, 2025 11:06 am
sam
Share
SHARE

Umugabo witwa Nizeyimana Jean Damascène wo mu Kagari ka Karangiro mu murenge wa Nyakarenzo mu Karere ka Rusizi yapfuye nyuma yo gukubitwa n’inkuba ubwo yari aryamye nijoro.

Ibi byabaye ku wa 11 Kanama 2025 Saa Saba z’ijoro.

Ahagana mu masaha ya saa ine z’ijoro ryo ku wa 10 Kanama 2025 nibwo mu Karere ka Rusizi hatangiye kugwa imvura nyinshi irimo n’inkuba nyinshi.

Nyuma ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyakarenzo, bwaje guhabwa amakuru y’uko hari umugabo witwa Nizeyimana w’imyaka 29 wakubiswe n’inkuba aryamanye n’umugore we ku buriri.

Umunyabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyakarenzo, Dushimimana Jean Baptiste yavuze ko amakuru bahawe n’umugore wa nyakwigendera ari uko yabonye umurabyo, akanumva ashyuhiranye, yareba umugabo we akabona ari gushikagurika.

Yavuze ko uwo mugore yahise ahamagara abaturanyi bamufasha kumugeza ku Kigo Nderabuzima cya Nyakarenzo ari naho yaguye.

Uyu munyamabanga Nshingwabikorwa yihanganishije umuryango wagize ibyago byo kubura umuntu wabo biturutse ku nkuba, asaba abaturage gukomeza kwitwararika mu gihe cy’imvura irimo imirabyo.

Nyakwigendera Nizeyimana asize umugore n’abana batatu barimo umuto w’amezi 9.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Amerika yafatiye ibihano PARECO-FF yashinzwe n’uwahoze mu buyobozi bwa M23

Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku wa 12 Kanama 2025 zafatiye ibihano…

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Santrafurika zambitswe imidari y’ishimwe

Inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri muri Centrafrique mu butumwa bw’amahoro bwa Loni…

Imbonerakure zitashye zariye karungu zivuga ko leta yazigambaniye

Abaturage mu Burundi baravuga ko batewe impungenge n'Imbonerakure zikubutse mu ntambara muri…

Ukraine yamaramaje ko nta butaka bwayo buzomekwa ku Burusiya

Perezida Volodymyr Zelensky yamaramaje ko Ukraine itazigera ireka akarere ka Donbas ngo…

Abofisiye ba RDF na RCS mu bashinjwa muri dosiye ya APR FC

Urukiko rwa Gisirikare rwa Nyamirambo kuri uyu wa 13 Kanama 2025, rwatangiye…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu Rwanda

Polisi yarashe mu cyico abagabo babiri bakekwagaho ubwicanyi ubwo bageregezaga kuyirwanya

1 Min Read
Mu Rwanda

Kigali: Abantu 10 batawe muri yombi bakekwaho ibirimo gutobora inzu z’abaturage bakiba

2 Min Read
Mu Rwanda

Umugabo w’i Rusizi yafatanywe urumogi yarwihambiriyeho arenzaho imyenda

3 Min Read
Mu Rwanda

Zimbabwe yashimiye Perezida Kagame wayisabiye gukurirwaho ibihano

4 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?