BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 8, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Inkuru zindi > Rusizi: Ababaruramari b’umwuga barahugurwa ku gukoresha ikoranabuhanga

Rusizi: Ababaruramari b’umwuga barahugurwa ku gukoresha ikoranabuhanga

admin
Last updated: October 27, 2022 10:22 am
admin
Share
SHARE

Umunsi wa mbere w’amahugurwa azamara iminsi itatu atangwa n’urugaga rushinzwe ababaruramari basaga 200 babigize umwuga, Institute of Certified Public Accountants of Rwanda (ICPAR) basabwe kwita ku gukoresha ikoranabuhanga nk’intwaro yo gutanga serivisi nziza no kwirinda guhombya ibigo bakorera.

Abagikoresha buryo bwa gakondo basabwe kujyana n’igihe bakoreha ikoranabuhanga

Kuri uyu wa gatatu tariki ya 26 Ukwakira 2022 abakora mwuga w’ibaruramari baturutse mu bihugu bitandukanye byo mu muryango wa Afurika y’iburasirazuba, bavuze zimwe mu mbogamizi bahura na zo muri aka kazi bizeye ko zigiye kuvaho nyuma yo guhugurwa.

MBABAZI Josephine umwe muri aba babaruramari asanga muri uyu mwuga gukora mu buryo bwa gakondo hari amakosa bakora bigahombya ibigo bakorera, yemeza ko gukoresha ikoranabuhanga bagiye guca ukubiri na yo.

Ati “Ikoranabuhanga rihora rihinduka, ni byiza ko duhura tukariganiraho bituma tudahombya ibigo dukorera bizadufasha kwirinda ubujura burikorerwaho no kudashingira ku mukuru atari yo”.

BIGIRIMANA Jean Leonard yitabiriye aya mahugurwa avuye mu gihugu cy’Uburundi, mu ihuriro ry’abaruramari bo muri icyo gihugu, na we yavuze ko hari impamba azajyana mu byo azungukira muri aya mahugurwa.

Yagize ati “Kwitabira aya mahugurwa  byanshimishije cyane, ni umwanya wo kwiga, mbere twakoreshaga impapuro, nasanze hano mu Rwanda bateye imbere mu ikoranabuhanga kurusha iwacu, icyo nzajyana ni ugufatanya n’abahanga b’iwacu duhamagare Abanyarwanda baze ku dufasha gushyira mu bikorwa ibyo bakora hano”.

Amin Miramago ni muyobozi mukuru w’urugaga rushinzwe ababaruramari babigize umwuga (ICPAR) yasabaye abakora uyu mwuga gutandukana n’uburyo bwa gakondo bwo gukoresha impapuro bakita cyane ku gukoresha ikorana buhanga ryihutisha akazi no gutanga serivisi inoze.

Yagize ati “Aho igihugu kigana turabasaba kuva mu mikorere ya gakondo yatumaga badakora kinyamwuga,   bakoreshe ikoranabuhanga ryihutisha serivisi baryiteho ribafashe mu kazi kabo ka buri munsi”.

Aya mahugurwa abaye ku nshuro ya 11, uyu muyobozi yakomeje avuga ko ay’uyu mwaka afite umwihariko harimo  ko muri uyu mwuga  hari ibyo usiga bihindutse.

Ati “Abantu baraza kwita ku mabwiriza mpuzamahanga y’ubunyamwuga, no gukora ubintu binoze igihugu cyacu gikeneye abanyamwuga bakora akazi neza byongera ishoramari mu gihugu”.

Urugaga ICPAR rwatangiye mu mwaka 2008  rwashinzwe hashingiwe ku itegeko ryerekeye ikigo cy’ababaruramari b’umwuga no 11 ryo muri 2008,  gifite inshingano zo kugenzura umwuga w’ibaruramari mu Rwanda, kuri ubu rufite anyamuryango bagera kuri 800.

MUHIRE Donatien
UMUSEKE.RW/ I RUSIZI.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rwakiriye abanyarwanda 200 batahutse bavuye muri RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?