BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Nov 14, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Inkuru zindi > Rusizi: Ababaruramari b’umwuga barahugurwa ku gukoresha ikoranabuhanga

Rusizi: Ababaruramari b’umwuga barahugurwa ku gukoresha ikoranabuhanga

admin
Last updated: October 27, 2022 10:22 am
admin
Share
SHARE

Umunsi wa mbere w’amahugurwa azamara iminsi itatu atangwa n’urugaga rushinzwe ababaruramari basaga 200 babigize umwuga, Institute of Certified Public Accountants of Rwanda (ICPAR) basabwe kwita ku gukoresha ikoranabuhanga nk’intwaro yo gutanga serivisi nziza no kwirinda guhombya ibigo bakorera.

Abagikoresha buryo bwa gakondo basabwe kujyana n’igihe bakoreha ikoranabuhanga

Kuri uyu wa gatatu tariki ya 26 Ukwakira 2022 abakora mwuga w’ibaruramari baturutse mu bihugu bitandukanye byo mu muryango wa Afurika y’iburasirazuba, bavuze zimwe mu mbogamizi bahura na zo muri aka kazi bizeye ko zigiye kuvaho nyuma yo guhugurwa.

MBABAZI Josephine umwe muri aba babaruramari asanga muri uyu mwuga gukora mu buryo bwa gakondo hari amakosa bakora bigahombya ibigo bakorera, yemeza ko gukoresha ikoranabuhanga bagiye guca ukubiri na yo.

Ati “Ikoranabuhanga rihora rihinduka, ni byiza ko duhura tukariganiraho bituma tudahombya ibigo dukorera bizadufasha kwirinda ubujura burikorerwaho no kudashingira ku mukuru atari yo”.

BIGIRIMANA Jean Leonard yitabiriye aya mahugurwa avuye mu gihugu cy’Uburundi, mu ihuriro ry’abaruramari bo muri icyo gihugu, na we yavuze ko hari impamba azajyana mu byo azungukira muri aya mahugurwa.

Yagize ati “Kwitabira aya mahugurwa  byanshimishije cyane, ni umwanya wo kwiga, mbere twakoreshaga impapuro, nasanze hano mu Rwanda bateye imbere mu ikoranabuhanga kurusha iwacu, icyo nzajyana ni ugufatanya n’abahanga b’iwacu duhamagare Abanyarwanda baze ku dufasha gushyira mu bikorwa ibyo bakora hano”.

Amin Miramago ni muyobozi mukuru w’urugaga rushinzwe ababaruramari babigize umwuga (ICPAR) yasabaye abakora uyu mwuga gutandukana n’uburyo bwa gakondo bwo gukoresha impapuro bakita cyane ku gukoresha ikorana buhanga ryihutisha akazi no gutanga serivisi inoze.

Yagize ati “Aho igihugu kigana turabasaba kuva mu mikorere ya gakondo yatumaga badakora kinyamwuga,   bakoreshe ikoranabuhanga ryihutisha serivisi baryiteho ribafashe mu kazi kabo ka buri munsi”.

Aya mahugurwa abaye ku nshuro ya 11, uyu muyobozi yakomeje avuga ko ay’uyu mwaka afite umwihariko harimo  ko muri uyu mwuga  hari ibyo usiga bihindutse.

Ati “Abantu baraza kwita ku mabwiriza mpuzamahanga y’ubunyamwuga, no gukora ubintu binoze igihugu cyacu gikeneye abanyamwuga bakora akazi neza byongera ishoramari mu gihugu”.

Urugaga ICPAR rwatangiye mu mwaka 2008  rwashinzwe hashingiwe ku itegeko ryerekeye ikigo cy’ababaruramari b’umwuga no 11 ryo muri 2008,  gifite inshingano zo kugenzura umwuga w’ibaruramari mu Rwanda, kuri ubu rufite anyamuryango bagera kuri 800.

MUHIRE Donatien
UMUSEKE.RW/ I RUSIZI.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 yanenze ibirego bivuga ko ivangura Abaluba

Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ukomoka mu bwoko bw’Abaluba, yanenze bikomeye…

Uwase Colombe wiyamamaje muri Miss Rwanda 2015 yibarutse

Uwase Colombe wiyamamarije ikamba rya Miss Rwanda mu 2015, yamaze kwibaruka imfura…

Paris: Roger Lumbala yasabye ko Bemba na Lt Gen Ndima bahamagazwa mu rubanza rwe Ku wa 12

Ku wa 12Ugushyingo 2025, Urukiko rwa Rubanda rwa Paris mu Bufaransa rwatangiye…

Hatahuwe abakekwaho kuyogoza sitasiyo za Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho…

Ghan : Abantu batandatu baburiye ubuzima mu muvundo w’abashaka kwinjira mu gisirikare cya leta.

Igisirikare cya Ghana cyatangaje ko umuvundo w'abitabiriye igikorwa cyo kwinjira mu gisirikare…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

1 Min Read
Politike

Amb Col (Rtd) Ndamage yashyikirije Umwami wa Eswatini impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu.

1 Min Read
Politike

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

3 Min Read
Politike

Perezida Ndayishimiye yikanze coup d’Etat asubika urugendo rw’i Paris igitaraganya 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?