BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Mar 15, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Ruhango: Umwarimu yasanzwe mu kiziriko yapfuye

Ruhango: Umwarimu yasanzwe mu kiziriko yapfuye

admin
Last updated: November 11, 2022 4:20 pm
admin
Share
SHARE

Ndikumana Cassien wigishaga ku Rwunge rw’Amashuri rwa Nyarugenge mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Ruhangor (GS Nyarugenge), yasanzwe mu mugozi yiyahurishije ikiziriko cy’ihene.

Biravugwa ko yakoresheje ikiziriko cy’ihene

Amakuru y’urupfu rw’uyu mugabo w’imyaka  47 y’amavuko  yamenyekanye ejo kuwa kane taliki ya 10 Ugushyingo 2022 saa moya z’umugoroba.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kinazi,Nsanzabandi Pascal, yabwiye UMUSEKE ko  bamaze kumva iyo nkuru mbi y’urupfu rw’uyu murezi, bahuruye bajyanayo n’izindi nzego, bahageze basanga koko Ndikumana ari mu mugozi.

Nsanzabandi yavuze ko uyu mugozi yiyahuje yabanje kuwuzirika ku idari(Plafond)

Nsanzabandi yavuze ko ibi byabaye umugore we witwa MUKARUKUNDO Espérance nawe  ukora akazi k’uburezi yagiye kwigisha mu gitondo ariko  amusize murugo.

Yagize ati:’Niwe wagarutse avuye ku kazi ku mugoroba asanga inzu irafunze,amena ikirahuri cy’urugi kuko urufunguzo rwari murugi imbere,ararukurura arafungura yinjira munzu asanga amanitse mu mugozi atabaza abaturanyi.

Uyu Muyobozi yavuze ko nta mpamvu iramenyekana yaba  yateye urwo rupfu, gusa amakuru atangwa n’umugore we n’uko ngo yajyaga avuga ko aziyahura, ngo bagiranaga amakimbirane ashingiye ko umugabo yahoraga ashinja umugore kumuca inyuma bigakurura  intonganya.

Cyakora akavuga ko Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze buvuga ko  nta makimbirane yabo basanzwe bazi.

Gitifu Nsanzabandi avuga ko Ubugenzacyaha bwatangiye gukora iperereza ry’urupfu rwa Nyakwigendera.

Umurambo wa nyakwigendera wajyanywe mu Bitaro bya Ruhango, kugira ngo ukorerwe isuzuma.

MUHIZI ELISÉE /UMUSEKE.RW/iRuhango.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
3 Comments
  • mahoro jack says:
    November 12, 2022 at 1:37 pm

    Harya iyo umuntu yiyahuye ngo umugore we arasambana ubwo aba amuhimye?

    Reply
    • Anonymous says:
      November 14, 2022 at 8:17 am

      mahoro we ubwo bugoryi sinamenyaho babukura, ko nubundi uba umuhaye rugari, kuko wiyambura ubuzima?

      Reply
  • Philemo dusengumuremyi says:
    November 24, 2022 at 8:44 pm

    arikorwox koko umugabo nkuwo upfa akaziga umugorenkuwo koko yewe yatekerejenabi yaciyeho kd nyamugore azabishaka kd azabibona gusimanimuhe iruhukoridashira

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

Jamaica: RDF ihasize ibikorwa byivugira KU mahanga

Mu gihe cy’amezi abiri ashize u Rwanda rwohereje abasirikare gutanga umusanzu wo…

Amafaranga u Rwanda rukoresha muri Cabo Delgado arenga inshuro 10 atangwa na EU- Yolande Makolo

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko inkunga ya miliyoni…

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?