BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Mar 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Rubavu: Umugabo yishe mushiki we ahita amushyingura

Rubavu: Umugabo yishe mushiki we ahita amushyingura

admin
Last updated: January 4, 2023 6:51 pm
admin
Share
SHARE

Umugabo w’imyaka 45 wo mu murenge wa Nyamyumba mu karere ka Rubavu yishe mushiki we w’imyaka 47 babanaga amuziza isambu, ahita acuruka imva aramushyingura.

Umugabo yishe mushiki we aramushyingura

Ibi byabereye mu Mudugudu wa Karambi, Akagari ka Kinigi, Umurenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu, aho ku saa sita zo kuri uyu wa Gatatu hamenyekanye inkuru y’uyu mugabo wishe mushiki we agahita ahinga aho yamushyinguye.

Uyu mugabo yemeye ko afatanyije n’abandi bagabo batatu bishe mushiki we ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, tariki 3 Mutarama ahagana saa moya.

Ahagana saa sita z’amanywa kuri uyu wa Gatatu, nibwo abaturanyi babo bari bazaniye ibyo kurya uyu mugore baramubura batabaza inzego, biza kugaragara ko bamwishe bakamushyingura aha hantu hari hahinzwe.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamyumba, Murindangabo Eric yahamirije UMUSEKE iby’iyi nkuru avuga ko uyu mugabo yavuze ko yabitewe nuko yanze ko agurisha isambu basigiwe n’ababyeyi.

Ati “Ni umugabo wabanaga na mushiki we, yashatse kugurisha isambu ntiyabyumvikanaho na mushiki we rero afata umwanzuro ugayitse wo kumwica, nyuma biza kugaragara ko yamwishe avuga nabo bafatanyije bose bakaba bashikirijwe RIB.”

Murindangabo akaba yanenze imyifatire ya kinyamaswa itajyanye n’umuco wa Kinyarwanda, asaba abantu kurushaho kwirinda amakimbirane nk’aya avamo urupfu.

Yagize ati “Akenshi umuntu yibeshya ko naramuka yikijije mugenzi we aribwo yegukana ya mitungo yarwaniraga ariko bikarangira nawe atayiriye ahubwo ubuzima bwe burangiriye muri gereza, uvukije umuvandimwe wawe ubuzima nawe burangiriye muri gereza, icyo ni igihombo buri wese akwiye kwirinda. Abantu babane mu mahoro aho batumvikana begere ubuyobozi bubafashe.”

Aba bagabo bane bakaba bahise batabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), naho umurambo wa nyakwigendera ujyanwa ku bitaro bya Gisenyi.

Amakuru UMUSEKE wamenye nuko uyu mugabo yari yaratandukanye n’umugore we kubera imyitwarire idahwitse, akagaruka kuza kubana n’uyu mushiki we utari ufite umugabo nubwo yari yarigeze gushakira mu gihugu cy’abaturanyi cya Congo.

NKURUNZIZA Jean Baptiste/ UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • Irihose Peter says:
    January 5, 2023 at 8:38 am

    inyamaswa muntu burya ziracyatuye mubantu

    Reply
  • Pingback: Rubavu: Umugabo ukekwaho kwica mushiki we yarashwe “ashaka gutoroka” – Umuseke

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

Jamaica: RDF ihasize ibikorwa byivugira KU mahanga

Mu gihe cy’amezi abiri ashize u Rwanda rwohereje abasirikare gutanga umusanzu wo…

Amafaranga u Rwanda rukoresha muri Cabo Delgado arenga inshuro 10 atangwa na EU- Yolande Makolo

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko inkunga ya miliyoni…

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?